Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Jun 15th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Polisi y’u Rwanda ifite ibigwi byinshi cyane mu myaka 15 imaze: Minisitiri Uwacu

    Polisi y’u Rwanda ifite ibigwi byinshi cyane mu myaka 15 imaze: Minisitiri Uwacu

    Ubwo yatangizaga icyumweru cyahariwe Police“Police week”ku rwego rw’Intara y’Uburengerazuba,cyanahuriranye n’imyaka 15 Police y’u Rwanda imaze ibayeho, Minisitiri w’umuco na Sport Uwacu Julienne yavuze ko ibikorwa Police y’u Rwanda yakoze ari byinshi ku buryo wagirango ntimaze imyaka 15 gusa ibayeho.

    Iki gikorwa kikaba cyatangirijwe mu karere ka Rubavu,ahitwa kuri Tam Tam ku kibuga cya Ningo.

    Ahereye ku nkunga ya Miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda Police yeteye amakoperative 2 akorera mu kiyaga cya Kivu, harimo Koperative  ikora uburobyi ndetse n’icunga umutekano mu gihe cya ninjoro, Minisitiri Uwacu yavuze ko Polise y’u Rwanda hari ibikorwa byinshi yakoze mu myaka 15,ifatanije n’abanyarwanda bose.

    Polisi y’u Rwanda ifite ibigwi byinshi cyane mu myaka 15 imaze: Minisitiri Uwacu

    Mubyo yagarutseho harimo nko gusabana kandi igakorana n’abaturage,mu gihe hari ibihugu bimwe umuturage ashobora kubona umupolisi agakizwa n’amaguru. Ati“ariko mu Rwanda iyo umuturage wese abonye umupolisi cyangwa undi muntu wese uri mu rwego rushinzwe umutekano ariruhutsa akumva ubuzima bwe bukize,iyo ni intambwe ikomeye”.

    Ikindi Minisitiri ashimira Police y’u Rwanda n’uruhare yagize ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage mu kugarura amahoro mu gace k’uburengerazuba bw’u Rwanda kakundaga kurangwamo umutekano muke Jenoside ikirangira,aho wakundaga guhungabanywa n’abacengezi.

    Akomeza avuga ko Police y’u Rwanda igira uruhare mu bikorwa biteza imbere abaturage nko gufasha amakoperative,kugira uruhare muri gahunda ya Girinka n’ibindi bikorwa by’iterambere.

    Yongeyeho ko haramutse hariho inzara cyangwa ubukene nta mutekano waba uhari ari nayo mpamvu ashimira Police y’u Rwanda ku bikorwa bifasha mu iterambere ry’abaturage idahwema gukora umunsi ku munsi ndetse no mu cyumweru cyahariwe Police “Police week”.

    Uhagarariye Police y’u Rwanda IGP Emmanuel Gasana,yavuze ko Police y’u Rwanda ishimira abaturage ku bufatanye bafitanye mu kubafasha gucunga umutekano,gukumira ibyaha,kuburizamo imigambi mibi ndetse no kugenza ibyaha.

    Yongeraho ko kubera ubufatanye Police ifitanye n’abaturage,bituma u Rwanda rumenyekana ku isi hose ko rufite umutekano. Yakomeje ashimira inzego zose zifasha mu gucunga umutekano,anasaba ubufatanye n’abaturage mu gukumira icyaha kitaraba,gutangira amakuru ku gihe kandi vuba.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED