Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jul 9th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Nyabihu: Ibikorwa by’ umuganda muri 2014-2015 bifite gaciro ka miliyoni zisaga 684

    Umuganda wifashishijwe mu kubaka amazu n’ibyumba by’amashuri

    Umuganda wifashishijwe mu kubaka amazu n’ibyumba by’amashuri

    Abaturage bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko ibikorwa byakozwe mu mwaka dusoje w’imihigo wa 2014-2015, byabagiriye akamaro gakomeye mu kwigira. Bongeraho ko byakemuye byinshi umuntu umwe cyangwa bake batari kwigezaho. Akaba ariyo mpamvu badashidikanya ku gaciro ka miliyoni zisaga  zisaga 684 ibikorwa by’umuganda byahawe mu mwaka wose.

    Binyuze mu muganda abaturage bahanze imihanda hirya no hino

    Binyuze mu muganda abaturage bahanze imihanda hirya no hino

    Ibi abaturage bakaba barabitangarije kigalitoday,ubwo hamurikwaga ibyagezweho mu mihigo y’uyu mwaka urangiye kuri uyu wa 02 Nyakanga 2015.

    Nizeyimana Venuste,umwe mu baturage bo mu murenge wa Karago avuga ko binyuze mu muganda,bakoze umuhanda uva muri santire ya Busoro y’Abasinga ugera ahitwa Cyamabuye,uhuza umurenge wa Karago n’uwa Jenda.

    Uyu muhanda ukaba waragize akamaro kanini,muri uku kwezi kwa Kamena 2015,aho imodoka y’ikamyo yari ihetse mazutu hayiriye mu muhanda wa Kaburimbo ahitwa Nyirakigugu mu murenge wa Jenda igafunga umuhanda.

    Uyu muhanda w’igitaka wakozwe binyuze mu muganda,ukaba warafashije imodoka zavaga Gisenyi zerekeza I Kigali cyangwa ziva I Kigali zijya Gisenyi,kubona indi nzira zica.

    Umwe mu bashoferi witwa Kayibanda ukorera muri aka gace yagize ati “mu birori twari dufite, iyo uyu muhanda unyura Karago utaboneka,sinari kubona uko njyana abantu aho byabereye. Nawunyuzemo inshuro nyinshi ufasha n’abandi  bashoferi”.

    Colette yagize ati binyuze mu muganda harwanijwe ibiza byibasiraga benshi,none kugeza ubu byaragabanutse mu murenge wa Shyira.

    Nyirabagenzi Sandrine wo mu kagari ka Gihirwa,umurenge wa Karago avuga ko bibyuze mu muganda hari imigezi myinshi yagendaga iteza amasuri n’inkangu yabungabunzwe amasuri aracika.

    m_01

    m_02

    m_03

    Umuganda wifashishijwe mu kurwanya isuri haterwa ibiti hanacukurwa imirwanyasuri mu duce duhanamye twa Nyabihu ndetse hanabungwabungwa imigezi iterwaho ibiti

    Umwe mu baturage bo mu murenge wa Rambura,mu Gasiza avuga ko muri uyu murenge hubatswe amashuri abana babasha kwiga hafi mu buryo bworoshye. Yongeraho ko hakozwe imihanda ndetse n’inkangu zagwaga mu muhanda zigenda zisibwa. Ati “icyanshimishije cyane ni amashuri kuko abana biga ari benshi.”

    Uwizeyimana Emmanuel,umukozi ushinzwe igenamigambi mu karere ka Nyabihu avuga ko umuganda ufatiye runini abaturage. Yongeraho ko bawuha agaciro bakurikije icyakozwe n’uburyo cyakozwemo.

    Avuga ko muri uyu mwaka hakozwe ibikorwa byinshi birimo kubaka amashuri,imihanda n’ibindi bijyanye no kurwanya ibiza byibasiraga aka karere. Ati “nk’umurenge wa Karago bakoze umuhanda wagize akamaro kanini banahabwa igikombe cy’umuganda ku rwego rw’akarere.”

    Ati “ibyo byose byahawe agaciro bituma ibyakozwe mu muganda ku mwaka bigera ku mafaranga asaga miliyoni 680.”

    Muri rusange umuganda ukaba waritabiriwe n’abakabakaba 89% muri Nyabihu mu mwaka ushize w’imihigo. Muri bo 60% bakaba bari abagabo naho abagore bawitabira kuri 40%.

    Uyu muturage wo mu murenge wa Rambura mu kagari mu Gasiza,avuga ko yashimishijwe n’uko binyuze mu muganda bubatse amashuri abana babo bakaba biga hafi

    Uyu muturage wo mu murenge wa Rambura mu kagari mu Gasiza,avuga ko yashimishijwe n’uko binyuze mu muganda bubatse amashuri abana babo bakaba biga hafi

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED