Subscribe by rss
    Sunday 17 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jul 29th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / Feature / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Nyaruguru: Abaturage bakomeje gusaba ko Perezida Kagame yayobora u Rwanda kugeza ashaje

    Nyaruguru: Abaturage bakomeje gusaba ko Perezida Kagame yayobora u Rwanda kugeza ashaje

    Abaturage bo mu murenge wa Ruramba mu karere ka Nyaruguru nabo bunze mu rya bagenzi babo bo muyindi mirenge basaba ko ingingo ya 101 yavugururwa kugirango Perezida Paul Kagame yemererwe gukomeza kuyobora u Rwanda, kandi ngo akayobora igihe cyose azaba akiri muzima.

    Kimwe n’abandi baturage aba bo mu murenge wa Ruramba baratangaza ibi mu gihe intumwa za rubanda ziri kubasura ngo baganire ku ivugururwa ry’ingingo ya 101, abaturage bagasabwa ibitekerezo by’uburyo bo bumva iyo ngingo yakwandikwa.

    Abenshi mu baturage bo mu murenge wa Ruramba bavuga ko bashingiye ku bikorwa cyane cyane by’iterambere Perezida Kagame yagejeje mu karere ka Nyaruguru, ngo bifuza ko yakomeza kubayobora no mu gihe asigaje cy’ubuzima bwe, bityo bakabasha kugera no ku bindi byinshi.

    Nyirabahima Atalie w’imyaka 75 akaba atuye mu kagari ka Giseke umurenge wa Ruramba we avuga kuva yabaho nta wundi muyobozi arabona ukunda abo ayobora nka paul Kagame, bityo ngo abaturage bakaba badakwiye kuvutswa amahirwe yo kuyoborwa nawe.

    Ati:” Ni biganza bigaba amahoro n’amariza y’inka,abaturage twese turamushima, ndetse iyo ngingo imubuza kwiyamamaza ikwiye kuvaho abaturage twese tukamwongeza manda agakomza akatuyobora kugeza ananiwe”.

    Aba baturage kandi ngo bifuza ko mu gihe Perezida Kagame yazaba ananiwe yumva atakibashije kuyobora we ubwe ngo yazahitiramo abanyarwanda undi muyobozi yabona uzabayobora nkawe ndetse akanamusumbya.

    Senateri Prof Emmanuel Bajyana umwe mu bagize itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko umutwe wa sena bari mu karere ka Nyaruguru yibukije aba baturage ko nyuma yo gutanga ibitekerezo byabo, ngo inteko izicara igafata umwanzuro ari ikagendera ku bitekerezo n’ibyifuzo byabo.

    Abagize inteko ishinga amategeko imitwe yombi mu karere ka Nyaruguru bagabanye imirenge uko ari 14, mu rwego rwo kuganiriza abaturage, kuri uyu wa Gatandatu buri tsinda rikaba rimaze kugera mu mirenge 6, risigaje umwe gusa.

    Nyuma yo kuganira n’abaturage bo mu mirenge, hakazakurikiraho kuganira n’ibyiciro binyuranye by’abaturage bafite abo bahagarariye.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED