Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Aug 6th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Burera: Bifuza ko Perezida yajya atorerwa manda y’imyaka 7, umubare wa manda ukavaho

    Burera: Bifuza ko Perezida yajya atorerwa manda y’imyaka 7, umubare wa manda ukavaho

    Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera bifuzza ko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yavugururwa ubundi ikandikwa ko perezida wa Repubulika yajya atorerwa manda y’imyaka irindwi, yarangira abaturage bakimukeneye nawe afite ubushake agakomeza kwiyamamaza.

    Ku wa mbere tariki ya 03/08/2015, ubwo abasenateri baganiraga n’abanyaburera bafite ubumuga, abageze mu zabukuru, abo mu bigo by’imari, abanyamadini ndetse n’abandi bantu bafite amakoperative akomeye, ibijyanye n’ingingo ya 101, aba bose bagagaje ko bagikeneye kuyoborwa na Perezida Paul Kagame wagejeje iterambere ku banyarwanda.

    Abasenateri bamaze kubasobanurira uko ingingo ya 101 yari isanzwe yanditse, ivuga ko Perezida wa Repubulika adashobora kuyobora manda zirenze ebyiri, abaturage nabo bahise bagaragaza uko iyo ngingo yavugururwa bityo Perezida Kagame agakomeza kuyobora.

    Byabarumwanzi Valence, umuyobozi wa Banque de Kigali ishami rya Butaro, yagize ati “Twe twifuza ko iriya ngingo ivugururwa, Perezida wa Repubulika akongera kwiyamamariza manda y’imyaka irindwi, nyuma y’iyo myaka irindwi n’ubundi akaba ashobora gukomeza kwiyamamaza, mu gihe agishoboye kandi agikunzwe n’abaturage.”

    Mugabo Ntaganda Rene yungamo nawe agira ati “Haranditse ngo (mu itegeko nshinga) umudepite atorerwa manda y’imyaka itanu, bakarekera aho. Natwe turagira ngo muzatwandikire ngo Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi. Hanyuma abaturage nibamukunda azongera akomeze yiyamamaze.”

    Ibitekerezo by’aba bagabo byishimwe n’abari bitabiriye ibyo biganiro bakoma mu mashyi. Dore ko hari n’abatanze ibitekerezo bavuga ko bakurikije ubuyobozi bwiza bwa Perezida Kagame, yazayobora ubizira herezo.

    Abanyaburera batandukanye bavuga ko iterambere ryose bafite barikesha Perezida Kagame. Aha batanga urugero rw’uburyo bavuye muri nyakatsi bakaba baba mu nzu z’amabati, bakavuga uburyo basigaye bafite amazi meza hafi, barakoraga ibilometero n’ibilometero bagiye kuvoma ku kiyaga cya Burera ndetse bakavuga Girinka yatumye bagira imibereho myiza.

    Abafite ubumuga bo bahamya ko kubera imiyoborere myiza ya Perezida Kagame bagize agaciro kuburyo batakinenwa nka mbere aho bitwaga amazina mabi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED