Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Aug 13th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Kamonyi: Ku munsi w’umuganura, buri mudugudu wa Ruyenzi wamuritse imihigo wagezeho

    Mu kagari ka Ruyenzi ho mu murenge wa Runda, umunsi w’umuganura wizihirijwe mu mudugudu wa Nyagacaca ahahuriye abaturage b’imidugudu itanu igize aka kagari, maze abakuru b’imidugudu na bamwe mu baturage bamurikira rubanda imihigo bagezeho n’iyo ateganya kugeraho.

    Umunyamabanga Nshingabikorwa w’akagari ariwe ”Rushingwangerero” yahamagaraga abakuru b’imidugudu akabasaba kuvugira mu ruhame ibyo bagezeho n’ibyo bateganya. Bose bagaragaje ibyagezweho ku bufatanye n’abaturage.

    Uretse imihigo yo gukora imihanda, gufasha abatishoboye, ubwisungane mu kwivuza byahuriweho n’imidugudu yose, hagaragayemo n’imihigo y’umwihariko nk’umudugudu wa Rugazi wageze ku muhigo wo kugira itsinda ry’urubuga nkoranyambaga  (groupe whatsapp), abenshi mu baturage bahuriraho.

    Mudugudu wa Rubumba ufite umwihariko wo kuba warageze ku muhigo wo kwicungira umutekano, uwa kibaya wari ufite abaturage badafite ubwiherero none ngo wabigezeho hejuru ya 90%, umudugudu wa Nyagacaca wahigiye gucana kuri Rondereza none ngo abenshi bafite izubakishije amakaro, naho mu mudugudu wa Nyabitare bahigiye kugira ishuri ritsindisha 100% none babigezeho.

    Aba bakuri b’imidugudu biyemeje n’ibindi bikorwa bazageraho birimo ubwisungane mu kwivuza no kugeza amashanyarazi mu duce atarageramo, babanza kubaza abaturage niba bazabibafashamo barabibererera.

    Si abakuru b’imidugudu gusa bamuritse imihigo bagezeho ahubwo hari n’abaturage bagaragarije bagenzi ba bo umusaruro wavuye mu mirimo ya bo ya buri munsi kandi biyemeza kuzawongera mu mwaka utaha. Bagahirwa Marceline yatangaje ko yahigiye gusarura ibiro 300 by’ibishyimbo akaba yarabibonye kandi yiyemeje ko umwaka utaha azabikuba kabiri.

    Rwandenzi Epimaque, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Ruyenzi,  ahamya ko iyi gahunda yo guhiga bagaragaza ibyo bagezeho n’ibyo biyemeje kuzageraho, ifasha mu gukangurira abaturage guha no kwita ku ikaye y’imihigo.  Ati “ubu buri wese agiye guharanira kugira icyo ahiga. Atari kwa kundi umuyobozi agenda agasiga agakaye mu rugo ngo bashyiremo imihigo, yazasubirayo agasanga ntacyo banditsemo”

    Depite Mukandekezi Petronilla wifatanyije n’abanyaruyenzi gusangira umuganura w’umwaka wa 2015, yasobanuriye abaturage ko ibyo abayobozi bahiga bifitiye akamaro igihugu cyose, ku bw’iyo mpamvu akaba abasaba gufasha abakuru b’imidugudu kugera ku mihigo biyemeje.

    Uretse imihigo, kwizihiza umunsi w’umuganura byaranzwe n’ubusabane no gusangira, abana bagaburirwa umutsima w’amasaka n’ibishyimbo birimo imboga basomeza amata.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED