Subscribe by rss
    Monday 01 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Aug 26th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Kamonyi: Abakozi barasabwa gukora cyane bakagera ku mihigo

    Umuyobozi w’akarere Rutsinga Jacques arasaba abakozi gukora cyane mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2015/2016 kuko ariyo yihutisha iterambere.

    Umuyobozi w’akarere Rutsinga Jacques arasaba abakozi gukora cyane mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2015/2016 kuko ariyo yihutisha iterambere.

    Tariki 24/8/ 2015, abakozi b’akarere n’abanyamabanga nshingabikorwa b’imirenge basinyiye imihigo  bazageraho imbere y’umuyobozi w’akarere. Imyinshi muri iyi mihigo irasaba ubukangurambaga mu baturage kugira ngo bagire uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya yo.

    Mu mihigo 68 y’akarere, harimo izakorerwa ku rwego rw’imirenge, nko kongera umusaruro w’ubuhinzi, gukingira inka indwara y’igifuruto,  kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kugarura abana bataye amashuri, kubaka rondereza na Biogaz, gukemura ibibazo by’abaturage, kunoza imitangire ya serivisi, gutera ibiti n’ibindi.

    Kugaragaza imihigo bizamanuka bigere no ku kagari, ku mudugudu no ku muturage. Rutsinga aratangaza ko guhiga ari bumwe mu buryo bwo kwihutisha amajyambere y’igihugu kuko buri wese ku rwego rwe hari ibyo aba yiyemeje kuzageraho.

    Aragira ati “ibi byose biradusaba gukora cyane kugira ngo tugere ku iterambere tutizigamye.  Nutaratera imbere ngo abone ibyakeneye byose, arahabonera ibimenyetso by’uko bishoboka”.

    Umuyobozi w’akarere yasabye abakozi kudatinda ku mwanya wa 28 akarere kagize mu kwesa imihigo y’umwaka ushize wa 2014/2015,  kuko ngo mu gihe bakora n’ahandi baba bakora.  Ati “ Agaciro uhaye imihigo, ni narwo rwego uyesamo”.  Ku bw’ibyo arabasaba gushyiraho ingamba zo kugera ku mihigo ku buryo mu isuzuma bazaba barayigezeho.

    Bamwe mu baturage batangaza ko batunguye n’umwanya akarere ka Kamonyi kagize mu mihigo y’umwaka ushize, aho bavuga ko ibyo basabwaga babikoze, ahubwo barakeka ko ubuyobozi aribwo butahiguye ibyo bwari bwiyemeje.

    Umwe mu batuye akagari ka Muganza mu murenge wa Runda, aragira ati “badusabye kujya muri Mituweri turabikora, badusaba umusanzu wo kubaka amashuri turawutanga, twubatse rondereza  n’uturima tw’igikoni; buriya ubuyobozi nibwo buzi aho byapfiriye.

    Gahunda y’imihigo yatangiye muri 2006, buri rwego rw’ubuyobozi ruteganya ibikorwa ruzageraho mu gihe cy’umwaka rukurikije ingengo y’imari rufite.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED