Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Aug 28th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Latestnews | By gahiji

    Rutsiro: Abaturage n’ubuyobozi ntibishimiye umwanya babonye mu mihigo.

    Rutsiro: Abaturage n’ubuyobozi ntibishimiye umwanya babonye mu mihigo.

    Abaturage batuye mu karere ka Rutsiro ndetse n’ubuyobozi baratangaza ko umwanya akarere kabonye umwaka ushize  mu kwesa imihigo utabashimishije.

    Ibi barabitangaza nyuma y’aho tariki ya 13 kanama 2015 ubwo uturere twamurikaga imihigo twari twarahize maze akarere ka Rutsiro kakaza ku mwanya wa 23 mu turere 30 tugize igihugu cy’u Rwanda,abaturage ngo bakaba basanga uyu mwanya udashimishije.

    Straton Hishamunda utuye mu kagari ka mageragere ho mu murenge wa Mushubati ati” mu byukuri umwanya akarere kacu kabonye ntabwo ushimishije kuko burya no mu ishuri umwana iyo abaye uwanyuma ntibimushimisha ndetse ntibinashimisha ababyeyi we niyo mpamvu natwe bitadushimishije”.

    Undi nawe witwa Habamenshi utuye mu kagari ka Congo-Nil ati” umwanya twabonye si mwiza abayobozi bagomba kugerageza bakikosora ku buryo umwaka utaha tuzaza mu myanya myiza kandi ikinanyobera sinzi aho bipfira kuko uruhare rwacu nk’abaturage tuba twarugaragaje twubahiriza gahunda za Leta”.

    Aba baturage n’ubwo bavuga ibi babihuriyeho n’ubuyobozi kuko nabwo butangaza ko uyu mwanya atari mwiza nk’uko Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro Gaspard Byukusenge abivuga.

    Yagize ati” nibyo umwanya twabonye mu mihigo si mwiza kuko hari bamwe mu bakora imihigo badohotse ,nyuma yo kubona umwanya wa 23 n’amanota 74.9 birumvikana ko hakwiye gushyiramo imbaraga ubutaha tukazaza mu myanya iri imbere”.

    Aka karere kabonye umwanya wa 23 kavuye  ku mwanya wa 18 kari kabonye mu mwaka wa 2013-2014.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED