Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Sep 2nd, 2015
    Block4--ibikorwa-National / Feature / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Gisagara: Bernard Makuza arasaba abaturage kurenga aho bari

    Gisagara: Bernard Makuza arasaba abaturage kurenga aho bari

    Perezida  wa Senat Bernard Makuza, arashimira abatuye Gishubi mu karere ka Gisagara ibyo bagezeho, akanabasaba kongera imbaraga bakarenga aho bageze.

    Mu igikorwa cy’umuganda wo kuri uyu wa 29/08/2015, senateri Makuza n’itsinda ry’abasenateri bandi bagera ku 10 bifatanyije n’abatuye umurenge wa Gishubi, akagari ka Nyeranzi umudugudu wa Rugogwe, bacukura imyobo izaterwamo insina za FIA ku butaka buhuje.

    Gisagara: Bernard Makuza arasaba abaturage kurenga aho bari

    Abatuye Rugogwe bavuze ko nk’agace kitaruye umujyi kuba basurwa n’abayobozi ku rwego rw’igihugu nk’uku bibaha imbaraga kuko babona ko batekerezwaho kandi ko batari bonyine.

    N’ubwo aba baturage atari bose bahinga urutoki, bavuga ko uru rutoki rwa kijyambere bari guhinga ruzabafasha kubona imirimo, bakabasha kwitezaimbere, dore ko rugiye kuterwa ku butaka bunini bungana na hegitari 250, bityo abadafitemo amasambu nabo kabazajya bahabwa akazi ko kurukorera.

    Maniraguha Michel umwe mu bahafite isambu ati “Twarigishijwe tumaze kumva akamaro k’urutoki, tuzarukorera ku buryo natwe vuba aha tuzaba dukirigita ifaranga ndetse tukajya tunatanga imirimo ku bandi”

    Aba baturage bavuga ko bari bamenyereye kweza ibitoki bifite uburemere buri munsi y’ibiro 10 kuko bari bagihinga insina za gakondo, ariko ubu bakaba biteguye kweza ibitoki by’ibiro biri hejuru ya 80 nk’uko bagenda babibona ku nsina za kijyambere.

    Gisagara: Bernard Makuza arasaba abaturage kurenga aho bari

    Muri uyu murenge wa Gishubi ariko ubusanzwe ubuhinzi burakorwa, ndetse hagaragara ibishanga bihingwamo umuceri ndetse hamwe na hamwe batangiye no kwitabira ubu buhinzi bw’urutoki rwa kijyambere. Perezida wa senat Bernard Makuza, yashimye ibyo bagezeho ariko kandi abasaba kongera imbaraga bakarenga aho bageze.

    Ati “Ntawe utashima ibyo mukora kuko bigaragara haba mu bishanga ko mufite umwete no gushyirahamwe, ni mukomereze aho mufatanye mukore murenze ibyo wagezeho mwiteze imbere”

    Uyu murenge wa Gishubi ni umwe mu mirenge yari ikennye kuruta indi mu gihugu mbere y’umwaka wa 2006, ariko ubu abahatuye bavuga ko inzara bayisezereye kandi ko ibikorwa by’amajyambere biri kuhagezwa nk’ahandi hose mu gihugu.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED