Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Sep 3rd, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Gatsibo: Bafashe ingamba nshya zo kuzesa imihigo

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard

    Nyuma yo kuza ku mwanya wa 24 mu mihigo, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bufatanyije n’abaturage ubu bafashe ingamba nshya.

    N’ubwo Akarere ka Gatsibo kavuye ku mwanya wa nyuma kakamanukaho imyanya itandatu mu mihigo y’umwaka ushize, abaturage n’abayobozi b’aka karere baravuga ko bidahagije akaba ari yo mpamvu ngo ubu bafashe ingamba zidasanzwe zizatuma muri uyu mwaka mushya w’imihigo bazarushaho kwitwara neza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, avuga ko muri izi ngamba harimo gukorera hamwe, gukorera ibintu ku gihe no kurushaho kwegera abaturage, ibi ngo nibabigeraho barizera ko nta kabuza bazaza mu myanya myiza.

    Agira ati:” Aho ibintu byagiye bipfira twarahabonye, akaba ariho tugiye gushyira ingufu cyane, harimo icya mbere kwegera abaturage tukumva ibibazo byabo, ikindi tukaba tuzakorera hamwe nk’ikipe imwe.”

    Abaturage b’Akarere ka Gatsibo nabo bavuga ko basonzeye kubona Akarere kabo kaza mu myanya y’imbere mu mihigo ariko nabo babigizemo uruhare, nk’uko bitangazwa na Murego Richard uhagarariye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge.

    Imihigo igera kuri 70 ni yo Akarere ka Gatsibo kasinyanye na Perezida wa Repubulika muri uyu mwaka w’imihigo wa 2015-2016. Iyi mihigo irimo ijyanye n’ubukungu ari yo iza ku isonga, igaragaramo ibikorwa byo kurushaho guteza imbere ubuhinzi.

    Imihigo ikomoka ku bikorwa by’ubucuruzi birimo kuzuza Hotel y’Akarere, harubakwa agakiriro, kubaka Ikigo kizajya gikorerwamo amahugurwa n’ibindi, imihigo ijyanye n’imibereho myiza y’abaturage n’imihigo ijyanye n’imiyoborere n’ubutabera.

    Mu mwaka ushize w’imihigo Akarere ka Gatsibo kaje ku mwanya wa 24 mu turere 30 n’amanota 74%, mu gihe mu mwaka wari wabanje kari ku mwanya wa nyuma.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED