Subscribe by rss
    Thursday 05 December, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Oct 10th, 2015
    featured1 / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Rubavu: hashyizweho uburyo buzatuma baza imbere mu mihigo

    Akarere ka Rubavu kagiye kujya gafatanya n’abaturage kugenzura imihigo kugira ngo bashobore gukuraho imbogamizi zituma hari isigara inyuma.

    Bamwe mubakozi b’akarere ka Rubavu n’abajyanama b’akarere baganira uburyo katera imbere

    Bamwe mubakozi b’akarere ka Rubavu n’abajyanama b’akarere baganira uburyo katera imbere

    Mu nama yo kumurika imihigo y’akarere mu gihembwe cya mbere, tariki ya 2 nzeri 2015, akarere ka Rubavu kagaragaje ko mu mihigo 53 kasinyanye na Perezida wa repubulika y’u Rwanda 19 ikaba ari ubukungu, 15 imibereho myiza, na 10 y’imiyoborere, muri yose imihigo 17 iri hejuru ya 25%,  19 iri munsi 25% naho 17 ikaba iri munsi 10%.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko kuba hari irimunsi 10% byatwe n’inzira inyurwamo mu gutanga amasoko hamwe no gutegereza amafaranga agomba gukoreshwa mu bikorwa.

    Abakurikirana imihigo y’akarere ka Rubavu, bakaba batanga inama ko kugira ngo gashobore kuza imbere mu muhigo nkuko kabyiyemeje, imihigo ikenera ubukangurambaga yakwihutishwa n’abayobozi b’inzego zibanze begereye abaturage naho igombera amafaranga amasoko akajya atangwa mbere.

    Br Gen Eric Murokore ukuriye ingeragutabara mu ntara y’Uburengerazuba, akaba n’imboni y’akarere ka Rubavu, avuga ko kugira ngo imihigo igerweho neza, abaturage bagomba kuyisobanurirwa no kuyira mu bikorwa.

    “hari ubushake bwo kuza imbere mu mihigo, ariko ntimwabigeraho mudakoranye n’abaturage, nibyiza ko abaturage bayisobanurirwa ndetse ibyo bashyira mu bikotwa bakabishishikarizwa, naho ibisaba amasoko mukayategura kare kugira ngo azanarangirire ku gihe.”

    Sinamenye Jeremie umuyobozi w’akarere avuga bifuza kuzajya besa imihigo kandi bakaza mu myanya ya mbere.

    “twashyizeho uburyo budufasha kwesa imihigo dufatanyije n’abaturage, harimo kubagaragariza ibigomba kubakorerwa, kuyigira iyabo, uruhare rwabo mu kuyishyira mu bikorwa, gukorera mu mucyo, guharanira kugera ku ntego no kubamurikira ibyagezweho. Ntitwifuza ko haba umuturage utazi imihigo yahise, cyango amenye imihigo y’akagari n’umurenge atuyemo”

    Sinamenye avuga ko ibikorwa byo kumurika ibikorwa by’imihigo bitazajya bigarukira ku karere, ngo bigomba gukorerwa mu mirenge n’utugari kugira ngo abaturage bamenye uko bayobowe nibyo bakorerwa kandi bagiramo uruhare.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Uganda: What is Behind SoftPower Anti-Rwanda Propaganda?

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED