Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Dec 23rd, 2015
    Block4--ibikorwa-National / featured1 / Kinyarwanda / Latestnews | By gahiji

    Uburasirazuba: Ngo batoye neza ariko umutima nturajya mu gitereko

    Uburasirazuba: Ngo batoye neza ariko umutima nturajya mu gitereko

    Ahabereye amatora hari hateguye

    Abaturage b’intara y’Uburasirazuba bavuga ko batoye neza ariko imitima ya bo ngo ntirajya mu gitereko Perezida Paul Kagame ataratangaza ko aziyamamaza.

    Ibi babivuze kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015 ubwo bari mu matora ya Referandumu. Abo twavuganye na bavuze ko bishimiye gutora itegeko nshinga ribereye Abanyarwanda, bakaba bategerezanyije amatsiko menshi ibiva muri ayo matora nk’uko Kagirimpa Juvenal wo mu karere ka Kirehe yabivuze.

    Uburasirazuba: Ngo batoye neza ariko umutima nturajya mu gitereko

    Abaturage bazindukiye mu matora

    Ati “Mfite ibyishimo byo kwitorera itegeko nshinga ribereye Abanyarwanda bose. Ubushobozi nari mfite ndabutanze ahasigaye ni ahabashinzwe ibarura, turabasabye batubarurire amajwi neza”

    N’ubwo abaturage bo mu Burasirazuba bemeza ko bitoreye itegeko nshinga, hari abavuga ko imitima ya bo itarajya mu gitereko mu gihe umukuru w’igihugu ataratangariza Abanyarwanda niba aziyamamaza nyuma ya 2017, nk’uko Hakuzimana Damascene wo mu karere ka Rwamagana abivuga.

    Ati “ibi byose turabikora kugira ngo muzehe [Perezida Kagame] akomeze kutuyobora nk’uko tumaze iminsi tubimusaba, ubu tuzatuza ari uko adutangarije icyemezo cye nyuma y’aya matora ya referandumu”

    Amatora yo mu Burasirazuba yitabiriwe cyane nk’uko abahuzabikorwa b’amatora mu turere tugize intara y’Uburasirazuba babivuga. Abaturage bari bazindutse ku buryo benshi bari bamaze gutora saa tatu za mu gitondo.

    Uburasirazuba: Ngo batoye neza ariko umutima nturajya mu gitereko

    Ahabereye amatora hari hateguye

    Kuri site zimwe na zimwe z’itora muri iyo ntara bari bateguye ibyumba by’itora banashyiramo bimwe mu bikomoka ku musaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, ku buryo hari aho babyakirizaga abashyitsi.

    Abaturage bavuze ko uwo musaruro bawugezeho babikesha imiyoborere myiza, bakaba bifuza ko iyo miyoborere yakomeza mu Rwanda ari na yo mpamvu batoye itegeko nshinga. Benshi bishimiye uko amatora yakozwe nta muvundo, bakaba bavuga ko bategerezanyije amatsiko menshi icyemezo Perezida wa Repubulika Paul Kagame azafata nyuma y’ayo matora.

    Referandumu ibaye mu gihe Abanyarwanda benshi baherutse gusaba ko umukuru w’igihugu yazakomeza kuyobora nyuma ya 2017 ariko agatambamirwa n’ingingo y’itegeko nshinga igena umubare wa manda z’umukuru w’igihugu.

    Abanyarwanda bemeje ko iyo ngingo ivugururwa binyuze muri Referandumu Perezida Kagame yaba afite uburenganzira bwo kuziyamamariza indi manda, ariko kugeza ubu ntaragira icyo atangaza mu buryo bweruye ku bijyanye no kongera kwiyamamaza kwe.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED