Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Feb 10th, 2016
    Block1-ibikorwa-Politics / featured1 / Kinyarwanda | By gahiji

    Kamonyi: Hari abatabona ubwisanzure mu gutora bajya inyuma y’umukandida

    Uburyo bwo gutora , bajyaga inyuma y’umukandida

    Uburyo bwo gutora , bajyaga inyuma y’umukandida

    Bamwe mu bitabiriye amatora y’inzego z’ibanze banenga uburyo bwo gutora bajya inyuma y’umukandida kuko bibatwara igihe bategerezanyije kandi ntibigira ibanga ry’itora.

    Kugira ngo amatora ku rwego rw’umudugudu yabaye tariki 8/2/2016, atangire, buri mudugudu wagombaga gutegereza ko byibura ½ cy’abaturage bagejeje igihe cyo gutora bawutuye bahagera. Uko gutegerezanya byarambiye abahageze mbere, dore ko nubwo amatora yari ateganyijwe gutangira saa moya, bitubahirijwe.

    Abageraga kuri site y’itora mbere bategerezaga abandi

    Abageraga kuri site y’itora mbere bategerezaga abandi

    Kuri Site y’Itora y’akagari ka Ruyenzi, amatora yatangiye saa tatu n’igice mu midugudu itanu ikagize. Abahageze mbere y’iyi saha bari batangiye kwinuba bavuga ko ibyo gutegerezanya bibicira akazi. Uwitwa Silver wo mu mudugudu wa Nyagacaca, ati “ibi rwose biratudindiza. Gutegereza umuntu utazi igihe ari buzire mutanafite gahunda zimwe! Ubu nkatwe b’abacuruzi twatangiye kwica akazi”.

    Uretse gukerererwa akazi, abaturage ntibashima gutora umukandida umujya inyuma kuko nta banga ribamo.  Habimana wo mu mudugudu wa Kirega, akagari ka Kigese, mu murenge wa Rugarika, ati “biriya bintu nabyo mbona ataribyo bituma umuturage atinya gutora uwo abandi batoye  ngo hato bagenzi be batazamubwira ko atamugiye inyuma , bigatuma azajya amureba nabi”.

    Muri aya matora hari n’abahageze basanga abakandida barangije kwiyamamaza. Abo nabo barasaba ko uburyo bwo kuyakoramo bwahinduka, kwiyamamaza bigakorwa mbere kandi no gutora bigakorwa haterwa igikumwe nk’uko bikorwa mu yandi matora.

    Kabalisa wo mu mudugudu wa Nzarwa, akagari ka Nyarubuye, umurenge wa Rugarika. Ati “kwakundi umuntu ajya mu kazu k’itora agasanga urutonde rw’abakandida, agashyira igikumwe kuwo ashyigikiye, nibyo byaba byiza kuko abantu batazira rimwe. Bityo uwaza mbere yajya atora agahita yitahira”.

    Ingingo ya 28 y’amabwiriza agenga amatora yo kuwa 29/12/2015, ateganya ko “Amatora y’ubuyobozi ku rwego rw’umudugudu akorwa mu ruhame. Abatora bajya ku murongo ugororotse inyuma y’umukandida. Mu matora umukandida ntiyemerewe guhindukira kugeza ibarura ry’amajwi rirangiye”.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED