Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Apr 8th, 2016
    featured1 / Kinyarwanda / Rwanda Politics | By gahiji

    Nyabihu: Imihigo y’ubukungu ngo yaradindiye

    Mu gihe imihigo igeze mu gihembwe cya nyuma ngo yeswe,Njyanama y’Akarere ka Nyabihu yasabye ko imihigo ikiri hasi yakwitabwaho ikazagera ku rugero.

    Abajyanama bakurikiye aho imihigo igeze ishyirwa mu  bikorwa

    Abajyanama bakurikiye aho imihigo igeze ishyirwa mu  bikorwa

    Ni nyuma y’uko habura amezi atarenga 3 ngo imihigo ya 2015-2016 yeswe.Mu nama njyanama yateranye kuri uyu wa 5 Mata 2016, yaranarebye aho imihigo y’akarere igeze ishyirwa mu bikorwa,abajyanama basabye ko imihigo ikiri hasi yakwitabwaho ikazagera ku rugero rukwiriye.

    Imwe mu mihigo yadindiye ikiri hasi irimo ijyanye n’ubukungu ikiri hasi,aho igera kuri 39,5% yagaragaye nk’ikiri mu ibara ry’umuhondo naho 7,9% igaragara nk’ikiri hasi mu mutuku mu gihe indi isigaye igenda neza.

    Imwe mu mihigo yagaragaye ikiri hasi hakaba harimo ijyanye n’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage n’ibikorwa remezo nk’imihanda,kubaka biogaz,kwishyuza amafaranga ya VUP ku bayafashe n’indi.

    Masengesho umwe mu baturage yagize ati “turifuza ko ibikorwa remezo byakwihutishwa.” Kuri we asanga ngo iyo byihutishijwe bifasha abaturage kugera ku iterambere rirambye.

    Gasarabwe Jean Damascene ni umuyobozi wa njyanama y’akarere ka Nyabihu. avuga ku kwihutisha imihigo ikiri hasi yagize ati “iyo imihigo izamutse ikeswa nk’uko byateganijwe,biba ari ikimenyetso yuko muri uwo mwaka byateganijwemo,abaturage hari intambwe bateye mu mibereho myiza n’ubukungu bwabo.”

    Yongeyeho ko icyo batangaho inama nk’abajyanama kugira ngo imihigo izagerweho mu gihe cyateganijwe,basaba abajyanama bari muri nyobozi y’akarere kuyishyiramo ingufu umunsi ku wundi.

    Yakomeje avuga ko n’abandi bajyanama batowe bari muri njyanama bagomba kubigiramo uruhare batanga inama nziza ariko kandi bakanabyitaho hirya no hino mu mirenge babamo,bakoreramo umunsi ku wundi.

     

    Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Uwanzwenuwe Theoneste yemeza ko binyuze mu bufatanye bw’ubuyobozi hagiye gushyirwamo imbaraga zikomeye mu guharanira kwesa imihigo nk’uko iteganijwe mu gihe gisigaye.

    Mu mihigo y’umwaka wa 2014-2015,akarere ka Nyabihu kaje ku mwanya wa 22 mu turere 30 tugize u Rwanda.Kuri ubu intumbero gafite ngo ni ukwesa imihigo nk’uko iteganijwe kandi ikanagira impinduka zigaragara ku iterambere ry’abaturage.

    Tag for Promotion: Nyabihu District Council say that performance contract show that economy must be valued

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED