Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Feb 2nd, 2013
    Latestnews / National | By Andrew

    Kayonza: Umuturage agirwa intwari no kubahiriza amategeko no kuzuza inshingano ze

    Umuturage agirwa intwari noUmuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John arasaba abaturage b’ako karere kubahiriza amategeko no kuzuza inshingano za bo, kuko ari byo byagaragaza ubutwari bafite. Bamwe mu baturage b’ako karere bakeka ko kuba intwari ari ukumenera igihugu amaraso ukemera no kugipfira.

    Cyakora hari abandi bemeza ko umuntu wese wujuje inshingano ze uko bikwiye na we yakwitwa intwari nk’uko Nsanzamahoro Maritini wo mu kagari ka Ryamanyoni mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza abivuga.

    Avuga ko Abanyarwanda muri rusange bahoza ku mutima Intwari zitangiye u Rwanda rukaba rufite amahoro kugeza ubu. Yongeraho ko n’ubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda rwarangiye, iyo umuturage akoze ibikorwa biganisha u Rwanda ku iterambere na we aba ari intwari.

    Nsanzamahoro ashishikariza Abanyarwanda kwitabira gahunda za leta kuko zigamije iterambere rya bo. By’umwihariko abasaba gushishikarira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kandi bakarushaho guteza imbere u Rwanda bitabira gahunda z’ibikorwa by’inyungu rusange.

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza avuga ko Abanyarwanda benshi ari intwari kuko bagiye bagira uruhare mu kwikuriraho ubutegetsi bw’igitugu binyuze muri demokarasi. Yongeraho ko ubwo butwari Abanyarwanda bagize bukwiye gukomeza gusigasirwa no gukora cyane kugira ngo u Rwanda rwigobotore n’ingoyi y’ubukene.

    Kuva kera umuturage azi kuba intwari n’ibikorwa by’ubutwari ibyo ari byo nk’uko uwo muyobozi akomeza abivuga. Yongeraho ko icyagora umuturage ari ukumenya gutandukanya ibyiciro by’intwari nk’uko byashyizweho n’Urwego rw’igihugu rushinzwe Intwari z’igihugu, imidari n’impeta z’ishimwe kuko benshi batabisobanukiwe.

    Asaba buri muturage kuba intwari aharanira gutanga serivisi inoze, yuzuza inshingano ze kandi yubahiriza amategeko. Agira ati “Buri Munyarwanda wese mu cyiciro arimo yujuje inshingano ze nk’uko abisabwa, aba yitangiye abandi kandi kwitangira abandi ni bwo butwari”

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED