Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Apr 8th, 2013
    Latestnews / National | By gahiji

    Kwibuka si umuhango, ni ukuzirikana-Mayor w’akarere ka Burera

    Kwibuka si umuhango, ni ukuzirikana-Mayor w’akarere ka Burera

    Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bose bo muri ako karere kwitabira ku bushake ibiganiro bitangwirwa hirya no niho mu midugudu, mu cyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, mu rwego rwo gukomeza kuzirikana abazize Jenoside yakorewe abatutsi.

    Tariki ya 07/04/2013, ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe abatutsi, mu karere ka Burera, Sembagare Samuel yasabye abanyaburera kumenya ko kwibuka atari umuhango.

    Agira ati “Kwibuka ntabwo ari umuhango. Ni ukuzirikana. Ugatekereza. Ukumva ko uwawe yavuye kuri iyi si, mu gashinyaguro, mu rupfu rubi…barishwe reka tubasabire.”

    Akomeza avuga ko muri uko gukomeza kuzirikana abazize Jenoside yakorewe abatutsi, buri munyaburera asabwa kwitabira ibiganiro byateganyijwe mu cyumweru cyo kwibuka, ntawe ubimuhatiye.

    Kwibuka si umuhango, ni ukuzirikana-Mayor w’akarere ka Burera 2

    Agira ati “Ndashishikariza buri wese rero…nta “Local Defense” nshaka kumva ngo ari kugenda mu mago. Icyo gihe ntabwo twaba tuzirikana abacu. Ni ukuvuga ngo mwese: ari urubyiruko, abari n’abategarugori, twese turasabwa kwitabira ibiganiro kugeza igihe tuzabisozereza.”

    Sembaga akomeza ashimira abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera kuko batanga imbabazi.

    Akomeza abasaba kwiyumanganya ndetse no kwihanganira ibyabaye. Abizeza kandi ko bazakomeza kubaba hafi, babafasha.

    Niyonsenga Fabien, uhagarariye abacitse ku icumu mu karere ka Burera, avuga ko nyuma y’imyaka 19 ishize, Jenoside yakorewe abatutsi ibaye, ubuzima bw’abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera bumeze neza.

    Akomeza avuga ko ariko mu bibazo bagifite harimo ko bamwe mu banyeshuri bacitse ku icumu barangiza amashuri yisumbuye ariko ntibakomeze muri za kaminuza kuko baba batagize amanota asabwa.

    Hifuzwa ko abo bana nabo bafashwa kwiga kaminuza kugira ngo nabo bahangane n’isoko ry’umurimo; nk’uko Niyonsenga abisobanura.

    Gutangiza icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, mu karere ka Burera, byabereye mu murenge wa Rusarabuye, ku Rwibutso rwa Jenoside, ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside 67.

    Uwo muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu rwego rw’igihugu, barimo Minisitiri w’uburezi, Dr.Vincent Biruta, wasabye abanyaburera gukomeza intego yo kwigira nk’uko bayitangiye.

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED