Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Apr 10th, 2013
    Latestnews / National | By gahiji

    Huye: kwibuka jenoside, ni igihe cyo gushima no kugaya

    kwibuka jenoside, ni igihe cyo gushima no kugayaMu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye gutangiza icyunamo mu Karere ka Huye, igikorwa cyabereye mu Murenge wa Kinazi, Kayiranga Muzuka, umuyobozi w’aka Karere, yavuze ko kwibuka abazize jenoside, bijyana no kugaya abayiteguye ndetse no gushima abayihagaritse.

    Meya Muzuka ati “uyu ni umwanya wo gushima abari bagize ingabo za FPR, baba abakiriho ndetse n’abapfuye, bahagaritse jenoside. Iyo bataza kuyihagarika, ubu u Rwanda rwacu ntabwo ruba rumeze gutya.”

    Na none kandi, ngo kwibuka jenoside binajyana no kugaya abayiteguye. Meya Muzuka ati “umunsi nk’uyu nguyu, aba ari n’umunsi wo kugaya. Tugaya Leta yari iriho, yateguye jenoside, ikayishishikariza abaturage, bakayishyira mu bikorwa, abaturage bakica bagenzi babo, bakica abavandimwe, bakica inshuti, bakica abo bashakanye, bakica abo bahanye inka. Izo nkoramaraso ni ko twazita, uyu ni umunsi wo kuzigaya.”

    Impamvu uyu muyobozi agaya abateguye jenoside bakanayishishikariza abaturage, ngo ni ukubera ko ubundi abayobozi mu gihugu icyo ari cyo cyose, baba babereyeho gutekerereza abaturage ibyabateza imbere.

    Yabivuze muri aya magambo “turabagaya kuko ubundi mu bihugu byose byo ku isi, ubuyobozi butekerereza abaturage babyo imishinga ibateza imbere, imishinga ibafasha kwikura mu bukene, mu bujiji… Mu Rwanda si ko byagenze, kuko umushinga watekerejwe n’abo bayobozi ari uwo kurimbura abatutsi kugira ngo bave ku isi nyamara batariremye.”

    Meya Muzuka kandi yaboneyeho gushishikariza abacitse ku icumu rya jenoside kugira ubutwari, bagaharanira kubaho neza, kuko ubuzima bugomba gukomeza.Yagize ati “Tugomba gukora cyane kugira ngo tubeho ahacu n’ah’abapfuye. Uwasigaye agomba kuba ah’ahe, n’ah’abapfuye.”

    Uyu muyobozi kandi yibukije abamwumvaga bose ko igihe cyo kwibuka jenoside ari n’icyo kwita ku bacitse ku icumu by’umwihariko. Yagize ati “iki ni igihe cyo kubegera, tukabaganiriza, tukabereka ko turi kumwe.”

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED