Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Jul 6th, 2013
    Latestnews / National | By gahiji

    Kamonyi: Uruhare rw’abaturage rurakenewe mu rugamba rwo guharanira ubumwe bwabo

    Uruhare rw’abaturage rurakenewe mu rugamba rwo guharanira ubumwe bwabo

    Ibi ni ibitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques, mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 19 umunsi mukuru wo kwibohora, byabereye mu murenge wa Musambira. Uyu muyobozi arasaba buri wese gusubiza amaso inyuma akareba ibyo ivangura ryagejeje ku banyarwanda.

    “Ntabwo twavuga ko ingengabitekerezo ya jenoside yarangiye 100%”; uku niko Rutsinga abivuga. Aha asobanura ko hashobora kuba hari abantu bagishidikanya ku bumwe bw’abanyarwanda. Arasaba buri wese kureba inyungu afite ku kuba umunyarwanda kuko ubuhamya mu myaka 19 ishize nta macakubiri bwigaragaza.

    Uyu muyobozi avuga ko mu myaka isaga 30 u Rwanda rwamaze rufite ubutegetsi bwabibaga amacakubiri mu barutuye, hari ibindi bihugu byakataje mu iterambere bikaba byararusize. Ku bw’iyo mpamvu arabasaba  uruhare rwa buri wese mu guharanira iterambere.

    Ati “buri wese aakwiriye kugira umugambi ku buryo buri mwaka ahigira igikorwa cy’iterambere agomba kuba yagezeho, kandi birashoboka”. Yemeza ko abanyarwanda bose ntibari ku rwego rumwe ariko buri wese ku rwego ariho yatera imbere kandi arabasaba gufatanya.

    Uruhare rw’abaturage rurakenewe mu rugamba rwo guharanira ubumwe bwabo1

    Mu buhamya bwe Shyaka Hassan. Umuturage w’umurenge wa Musambira, avuga ko ubutegetsi bwigitugu bwasoreje kuri jenoside yakorewe abatutsi, abatarapfuye bakaba barasigaye nta mikoro bafite, ariko leta y’ubumwe yaharaniye ko buri wese atera imbere kandi abigizemo uruhare.

    Shyaka avuga ko jenoside ikirangira yabaga mu icumbi, ahingira ikilo cya Soya mu minsi ibiri, ariko kuri ubu yize umwuga w’ubuvumvu, akora n’ubuhinzi bwa kijyambere; ngo yiteje imbere ku buryo amaze kwiyubakira amazu arindwi.

    Ibi birori byashojwe no gusura ibikorwa by’iterambere akarere ka Kamonyi kagezeho muri uyu mwaka, maze Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu Dr Alivera Mukabaramba ashimye umushinga w’inzu  y’ubucuruzi ya Koperative y’abatishoboye bafashwa na VUP mu murenge wa Musambira.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED