Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Oct 5th, 2013
    Block4--ibikorwa-National / Latestnews / National | By gahiji

    Abanyamabanga barasabwa kuba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’aho bakorera

    Abanyamabanga barasabwa kuba abafatanyabikorwa

    Abanyamabanga mu turere dutandukanye tw’intara y’Amajyaruguru barasabwa gutandukana n’imikorere ya kera, aho babaga ari abo gushyira mu bikorwa ibyo ba shebuja bategetse, ahubwo bakaba abafatanyabikorwa batanga ibitekerezo mu mikorere myiza y’urwego babarizwamo.

    Ibi bikaba ari ibyagarutsweho mu nama yahuje abanyamabanga mu turere dutandukanye tugize intara y’Amajyaruguru yateranye kuri uyu wa gatanu tariki 04/10/2013, hagamijwe kunoza ndetse no guhuza imikorere ngo babashe kuzamukira rimwe mu iterambere.

    Nk’uko babisabwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bosenibamwe Aime, ngo bajye baba abantu batanga inama kugirango ibitagenda neza aho bakorera bibe byakosorwa, bityo iterambere ryoye kudindira.

    Yabasabye kandi ko batagomba guherana ibitekerezo byiza bifitemo, bishobora kuzana udushya dutandukanye twateza imbere intara babarizwamo.

    Aime Francois Niyonsenga, umunyamabanga wa guverineri, avuga ko umunyamabanga ari umuntu wagira uruhare runini mu iterambere cyangwa se mu isubira inyuma rw’urwego akorera, ibi rero ngo nibyo bituma baterana ngo barebe uko babyaza umusaruro akazi bashinzwe.

    Ati: “Twatumiye abanyamabanga bakorera mu turere kugirango tugire icyerekezo kimwe. Ni ngombwa ko mu miyoborere tugira icyerekezo kimwe. Niba amabaruwa yinjira muri iyi nzira twese tuyihuriyeho, bityo bitume tugendera rimwe mu iterambere”.

    Muri iyi nama hatumiwemo kandi abashinzwe ishyinguranyandiko, kuko ubuyobozi burangwa no kugaragaza ibyo bakora binyuze mu ma raporo n’izindi nyandiko. Izi zose rero ngo ziba zigomba kubikwa neza.

    Verena Maniriho ukorera mu bunyamabanga bw’akarere ka Rulindo, avugako bo batangiye gukoresha porogaramu ya e filling, yifashisha ikoranabunga mu kubika no kohererezanya inyandiko, gusango hakenewe abakozi bandi kugirango iby’iyi gahunda nshya bibashe gushinga imizi mu bunyamabanga.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED