Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jan 3rd, 2014
    Block4--ibikorwa-National / Feature / Latestnews / National / Recent News | By gahiji

    Bugesera: Hakozwe umuganda udasanzwe hatunganywa ahazatuzwa abirukanwe muri Tanzaniya

    Akarere ka Bugesera kagiye kwakira imiryango igera kuri 200 ibarirwamo abantu basaga 600 birukanywe muri Tanzaniya. Ni muri urwo rwego Habaye umuganda udasanzwe wo gusukura aho aba banyarwanda bazagera mu Bugesera ku 04/01/2014 bazaba bacumbikiwe by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu.

    Mu kigo cyigisha imyuga cya Mayange niho iyi miryango izaba icumbikiwe by’agateganyo. Umuganda wakozwe n’abaturage bunganiwe n’ingabo na polisi wibanze kubikorwa by’isuku ahatanywe ibihuru  dore ko iki cyigo cyigisha imyuga muri iyi minsi kitarimo gukorerwamo.

    Mu birukanywe muri Tanzaniya bamaze iminsi bacumbikiwe  mu nkambi   ya Kiyanzi na Rukara mu ntara y’iburasirazuba , abagize imiryango 200 bavuze ko bakomoka mu Bugesera.

    Iyi miryango  igomba gutuzwa nk’abandi  baturage nk’uko umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis abivuga.

    Abaturage baharura ibyatsi kandi nabo wasangaga babyishimiye

    Abaturage baharura ibyatsi kandi nabo wasangaga babyishimiye

    “ bagomba kuba bashyizwe aha mu gihe cy’agateganyo cy’amezi atatu, nyuma bakazashakirwa aho gutura mu rwego rwa burundu. Turasaba abaturage bacu kubakira neza babaha ikaze kandi buri wese akabisangamo anabafasha mu buryo ashoboye”.

    Dushime Grace ni umwe mubaturage b’akarere ka Bugesera avuga ko  nabo biteguye kwakira abo banyarwanda.

    Yagize ati “iyirukanywa ry’abanyarwanda muri Tanzaniya  ryadusigiye isomo ko ntacyaruta igihugu cyawe aho waba uri hose. Natwe kuko ari abavandimwe bacu twiteguye kubafasha gusubira mu buzima busanzwe tubibagiza ibyababayeho ubwo birukanwaga”.

    Buri wese yakoraga icyo ashoboye

    Buri wese yakoraga icyo ashoboye

    Muri aba banyarwanda baheruka kwirukanywa muri Tanzaniya, mu karere ka Bugesera kari karakiriye n’abandi  nk’abo bagize imiryango isaga 60 yari ifite bene wabo mu mirenge inyuranye y’aka karere.

    Aba bazatangira kuza mu mpera z’iki cyumweru bo nta kanunu k’imiryango yabo yaba ikiriho gusa, ngo icyo bari barumvise n’uko bakomokaga mu Bugesera.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED