Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Feb 15th, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Imiyoborere myiza ntabwo ari amagambo meza, ni ibikorwa – Sembagare

    m_Imiyoborere myiza ntabwo ari amagambo meza, ni ibikorwa – Sembagare

    Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel

    Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, abwira abaturage bo muri ako karere ko imiyoborere myiza atari amagambo meza gusa ngo ahubwo ni n’ibikorwa bituma abaturage bava mu bukene bagatera imbere.

    Sembagare yatangaje ibi tariki ya 13/02/2014 ubwo abaturage bo mu mirenge ya Gahunga na Rugarama batishoboye, bibumbiye mu mashyihamwe, bagabirwaga inka 24 zo kubafasha kwivana mu bukene.

    Ku bufatanye bw’akarere ka Burera ndetse n’umuryango ATEDEC (Action Technique pour un Dévéloppement  Communautaire) nibo bahaye izo nka abo batishoboye.

    Iyo gahunda yahuriranye n’uko mu Rwanda hose bari mu kwezi kwahariwe imiyoborere myiza. Umuyobozi w’akarere ka Burera avuga ko icyo gikorwa kijyanye n’imiyoborere myiza ngo kuko imiyoborere myiza ijyana n’ibikorwa.

    Agira ati “Imiyoborere myiza ntabwo ari amagambo meza, ni ibikorwa. Kugerageza guca akarengane, kurwanya ihohoterwa! Ariko nanone ni ugutekereza ku mishinga yabateza imbere kugira ngo mwongere mutere agatambwe mukire, mugire ubukungu.”

    Akomeza abwira abo baturage ko leta y’u Rwanda icyo iharanira mu miyoborere ari uko buri munyarwanda wese yagera ku iterambere kugira ngo gahunda ya EDPRS II, u Rwanda rwihaye, izagerweho uko byifuzwa.

    Ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangiye tariki ya 20/01/2014, kuzasozwa tariki ya 14/03/2014. Muri icyo gihe cyose hazakorwa ibintu bitandukanye birimo gukemura ibibazo by’abaturage.

    Ukwezi kwaharimwe imiyoborere myiza kwashyizwe ho kugira ngo hibutswe uko Abanyarwanda bakwiye kuba babana, bayobowe, uko bakwiye kuba batanga ibitekerezo ndetse n’uko bakwiye kuba bitwara hamwe n’abayobozi babo.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED