Subscribe by rss
    Monday 18 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Feb 23rd, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Nyabihu: Urumuri rutazima, ikimenyetso cyo kuva I buzimu ujya I buntu mu gihugu cy’amahoro ubumwe n’umutekano

    Imyiteguro yo kwakira urumuri rutazima mu karere ka Nyabihu, bijyanye kandi no kwitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda irakomeje.

    Kuri uyu wa 21 Gashyantare 2014, akaba ariho mu karere ka Nyabihu bitegura kwakira urumuri rutazima ruzabageraho ruturutse I Rubavu. Mu myiteguro yo kurwakira, bamwe mu baturage bavuga ko urumuri rufite byinshi rushatse kuvuga mu mibereho yabo nk’Abanyarwanda bari mu Rwanda bakurikije n’amateka yaranze u Rwanda.

    Bakaba babivuga bashingiye ku mateka y’Icuraburindi yaranze u Rwanda ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuri bo bakaba basanga iki ari igihe cy’urumuri, aho abanyarwanda bagenda mu mucyo bayobowemo n’ubuyobozi bwiza buri mu Rwanda.

    Juru Anastase, umuyobozi wa IBUKA mu karere ka Nyabihu, yadutangarije ko mu gihe cya Jenoside, u Rwanda rwari mu icuraburindi ry’umwijima. Nyuma Jenoside yaje guhagarikwa none ubu Leta y’Ubumwe ishyize imbere ubumwe, amahoro, umutekano n’iterambere ry’Abanyarwanda.

     

    Urumuri rutazima, ikimenyetso cyo kuva I buzimu ujya I buntu mu gihugu cy’amahoro ubumwe n’umutekano

    Juru Anastase uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu avuga ko igihe turimo agifata nk’igihe cy’umucyo bityo Abanyarwanda bakaba bagomba kuwukomeraho ku rundi ruhande mu gihe cya Jenoside ngo u Rwanda rwari mu mwijima w’icuraburindi

    Kuri Juru, ngo igihe turimo ubu akaba agifata nk’igihe cy’umucyo bityo ruriya rumuri akaba arufata nk’umucyo umurikira Abanyarwanda bose,ubafasha kumenya aho bavuye n’aho bajya.

    Ibyo bikabafasha kwigira ku mateka yaranze igihugu,bagaharanira kwirinda ko Jenoside yabaye mu Rwanda yasubira,ahubwo bagashyira imbere kwiyubaka no guharanira kwigira. Juru akaba asanga uyu mucyo u Rwanda rurimo urangwa n’imiyoborere myiza,amahoro,umutekano n’iterambere ku Banyarwanda, wakagombye guhora waka iteka kandi buri wese akabiharanira.

    Kuri Uwamwiza umwe mu baturage,ngo urumuri rutazima rwerekana ko u Rwanda rwatsinze ikibi agereranya n’umwijima,bigakorwa n’abanyarwanda bahagaritse Jenoside,bivuga ko ari abanyarwanda ubwabo bishakiye igisubizo cyo gukemura ikibazo bari bafite. Ibi rero byakagombye no kugumya kuranga abanyarwanda ibihe byose, aho basabwa guharanira ikiza,bakishakamo ibisubizo bakigira badateze amaso amahanga.

    Yemeza ko kandi abanyarwanda babishoboye agendeye ku buryo Leta y’ubumwe ibayoboye, yanahagaritse Jenoside nanubu kandi ikaba igikomeje gushaka icyateza imbere igihugu n’abagituye.

    Naho kuri Karangwa Timote,ngo urumuri arufata nko kuva I buzimu ujya I buntu. Avuga ko muri Jenoside u Rwanda rwasaga n’aho ruri I buzimu ariko ubu rukaba ruri I buntu mu mucyo, aho buri wese yisanzuye.

    Uwamahoro Esperance, umwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside mu karere ka Nyabihu,we asanga urumuri rutazima rugereranya urukundo ruhoraho. Urukundo ruhoraho ntirushira, n’urumuri ntiruzima kugira ngo abanyarwanda nabo bakomeze kwiyubaka ,urukundo rwabo rwunge ubumwe bityo abashaka kubatanya babure aho bahera.

    Esperance anashima umukuru w’igihugu watekereje urumuri rukazengurutswa mu turere twose. Akaba asanga hari ikigisho gikomeye Abanyarwanda mu turere bakagombye kwigiraho, bakimakaza ubumwe n’ubwiyunge kandi bagaharanira icyabahuza barandura icyabatanya.

    Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu,Mukaminani Angela,umuyobozi w’akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu,avuga ko urumuri rufitiye akamaro buri wese. Akaba aboneraho gushishikariza abaturage kuzitabira ari benshi cyane,igikorwa cyo kwakira urumuri  kuri uyu wa 21 Gashyantare,bityo bakiyumvira n’ubutumwa bubateganirijwe.

    Akarere ka Nyabihu kakaba kararanzwe n’amateka mabi cyane muri Jenoside,aho mu duce tumwe na tumwe twako,hiciwe inzirakarengane z’abatutsi benshi ku buryo biririmbwa no mu ndirimbo zitandukanye abahanzi bagiye bahanga.

    Uduce nka  Bigogwe,Giciye,Nyaruhonga nk’ubuvumo bwaroshwemo benshi,nyirantarengwa,Hesha,mu kigo cya gisirikare cya Mukamira,icya Bigogwe n’ahandi  hakaba hagarukwaho mu hagiye hagwa abatutsi benshi muri Nyabihu nk’uko Juru Anastase uhagarariye IBUKA muri aka karere yabidutangarije. Umubare w’Abatutsi bahaguye ukaba ubarirwa mu 7645.

    Abaturage bakaba basanga urumuri rutazima, ari nk’umucyo uhoraho umurikira umunyarwanda wese kugira ngo yigire ku mateka mabi yaranze u Rwanda, bityo buri wese afate ingamba zo guharanira ko bitazasubira ukundi  ndetse no kwiyubaka.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED