Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Mar 13th, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    RALGA irasaba uturere kwirinda kwigana utundi mu gihe ibyo bigana bitari mu nyungu z’abaturage

    m_RALGA irasaba uturere kwirinda kwigana utundi mu gihe ibyo bigana bitari mu nyungu z’abaturage

    Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA), Karake Théogène arasaba uturere kwirinda kwigana utundi igihe ibyo bigana bitari mu nyungu z’abaturage. Yabivugiye mu biganiro abakozi ba RALGA bagiranye n’abajyanama b’akarere ka Kayonza, komite nyobozi y’ako karere n’abahagarariye abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imidugudu.

    Ibyo biganiro byabaye tariki 11/03/2014 bikaba byari bigamije gusobanura imikoranire y’iryo shyirahamwe n’abanyamuryango baryo, kugaragaza ubuvugizi ribakorera no kubabaza niba ubwo buvugizi buhagije kugira ngo aho bitagenda neza hashyirwemo imbaraga.

    Mu minsi yashize hari uturere twinshi twagiye dushinga amakipe y’umupira w’amaguru tugashoramo amafaranga menshi kandi hari ibindi bikorwa byihutirwa ayo mafaranga yakabaye akoreshwa nk’uko byavuzwe n’umunyamabanga mukuru wa RALGA. Ati “Gushyiraho ikipe abantu bagashoramo amafaranga menshi kandi hari abana bakirwaye bwaki hari icyo bimaze?”

    Yakomeje avuga ko ibi bidasobanuye ko akarere kabujijwe kugira ibyo kigira ku kandi, avuga ko akarere kabonye hari gahunda iteza imbere abaturage ikorwa mu kandi karere ntacyatuma hatabaho gukopera, kuko icyo gihe ubuyobozi bw’akarere buba bugamije iterambere ry’abaturage.

    Uyu muyobozi yasobanuriye abitabiriye ibyo biganiro ko leta y’u Rwanda ishishikajwe no guteza imbere abaturage ba yo, kuko uko imyaka igenda ishira hari impinduka nziza zigenda zigaragara haba mu buyobozi no mu baturage muri rusange. Yasabye abayobozi b’umwihariko kwiremamo icyizere cy’ahazaza heza kuko badafite icyo cyizere ntacyo bageza ku baturage.

    Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John yavuze ko hari byinshi bungukiye muri ibyo biganiro. Yavuze ko ubusanzwe buri karere kaba gafite gahunda ya ko y’ibikorwa kateguye, ariko na none ngo hari n’ibyo umuyobozi ashobora kurahura ahandi igihe abona ari ibintu byiza bishobora kugirira akamaro abaturage ayobora.

    Na we yavuze ko umuyobozi akwiye gukora ibiri mu nyungu z’abaturage, avuga ko ari yo mpamvu hariho abajyanama baba bahagarariye imirenge yose mu turere, kugira ngo bagaragaze ibikenewe mu mirenge bahagarariye bityo bigenderweho mu gukora gahunda y’ibikorwa by’akarere.

    Abitabiriye ibyo biganiro bagaragaje imbogamizi uturere dukunda guhura na yo y’uruhurirane rw’inshingano uturere duhabwa na za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye kandi byose bikazira rimwe, ku buryo ngo bituma abakozi kuva rwego rw’uturere kugera ku tugari batabona umwanya uhagije wo gukora inshingano za bo ngo batange umusaruro.

    Umunyamabanga mukuru wa RALGA yavuze ko ibyo ari bimwe mu biraje inshinga iryo shyirahamwe, kugira ngo abanyamuryango ba ryo babashe gukora neza. Ati “turakomeza gukora ubuvugizi kuri izi nzego, kandi bizagerwaho”

    Abitabiriye ibyo biganiro bahawe impapuro bujuje bagaragaza uko babona ubuvugizi RALGA ikorera uturere, ndetse banagaragaza ibyo bifuza iryo shyirahamwe ryashyiramo imbaraga kugira ngo ubuvugizi rikorera abanyamuryango ba ryo burusheho gutanga umusaruro.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED