Subscribe by rss
    Friday 15 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Mar 28th, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Gakenke: Urubyiruko rurasabwa gushyira imbaraga mukwitabira ibiganiro nizindi gahunda zo kwibuka

    Mu gihe hasigaye igihe gito ngo igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 20 kigere, mu nzu y’inama y’akarere ka Gakenke kuwa 25 werurwe 2014, hateraniye inama yahuje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze hamwe n’abahagarariye Ibuka mu mirenge aho baganiraga kuburyo bakwiteguramo.

    m_Urubyiruko rurasabwa gushyira imbaraga mukwitabira ibiganiro nizindi gahunda zo kwibuka

    Mubyagarutsweho harimo uburyo ibiganiro bizajya bikorwamo uhereye ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere, hamwe n’imikoranire hagati y’ubuyobozi n’inzego zo kwa muganga kugira ngo ubuzima bw’abahungabana butazarushaho kujya mukaga.

    m_Urubyiruko rurasabwa gushyira imbaraga mukwitabira ibiganiro nizindi gahunda

    Diuedone Uwimana, umuyobozi wa Ibuka mu karere ka Gakenke, avuga ko uretse kandi ibiganiro bizakorwa hari n’igikorwa cyo kuzashyingura imibiri y’abantu 901 mu murenge wa Kivuruga mu rwibutso rwa Buranga kuwa 13 mata 2014.

    Uwimana akomeza avuga ko mu gihe hibukwaga abatutsi bazize Jenoside ku nshuro ya 19, bagize ikibazo cy’uko urwibutso rwa Buranga bagombaga gushyinguramo rwari rukozemo, kuburyo byatumye imihango yo gushyingura itaba nkuko byari byateganyijwe.

    Kuri ubu ariko nta mpungenge zihari kuko hafashe ingamba zo kubaka urwibutso kuburyo buzatuma abazashyingurwamo baruhuka neza ntagashinyaguro nkuko bitangazwa na Uwimana.

    Ati “twagiye dukora ingendoshuri dusura izindi nzibutso, tukaba dufite icyizere ko urwibutso twujuje mubyukuri ruzaba rugaragaza ko duha agaciro abacu bazize Jenoside yakorewe abatutsi”.

    Jullienne Mukamukesha n’umuhuzabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside mukarere ka Gakenke na Ngororero, avuga ko abantu bose basabwa kuzitabira ibiganiro n’izidi gahunda ziteganyijwe cyane cyane urubyiruko kuko aribo bafite guhindura amateka mabi yagiye aranga igihugu cy’uRwanda.

    Ati “ abantu bose barasabwa kwitabira ibiganiro na gahunda zose ziteganyijwe cyane cyane urubyiruko n’abana kuko aribo rwanda rw’ejo, nibo bafite gukosora ibyo amateka y’igihugu cyacu yakosheje”.

    Issa Nizeyimana, umuyobozi wa Ibuka mu murenge wa Kivuruga by’umwihariko ahazashyingurwa imibiri 901 y’abatusi bazize Jenoside, avuga ko imirimo yo gutunganya urwibutso igeze ku musozo kuko bageze mwiterwa ry’irangi naza rigore zigomba gukorwa muri iki cyumweru.

    Nizeyimana asaba abanyarwanda kuzagaragaza urukundo muri biriya bihe, bafasha abacitse ku icumu aho kubatoteza.

    Imibiri y’abantu 901 izashyingurwa mu rwibutso rwa Buranga, n’iyari yarakuwe mu rwibutso rwaho rwangijwe n’amazi ikaba kugeza ubu, ibitse mu nzu yashyizwemo kugirango idakomeza kwangirika.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED