Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, May 3rd, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Karongi: Bizihije umunsi w’umurimo bisuzuma banareba aho bageze mu guhanga imirimo mishya

    Karongi Bizihije umunsi w’umurimo bisuzuma banareba aho bageze mu guhanga imirimo mishya

    Kuri uyu wa 1 Gicurasi, 2014 umunsi mpuzamahanga w’umurimo, abakozi b’Akarere ka Karongi basubije amaso inyuma bareba aho bageze mu kuzuza inshingano za bo mu kazi, ibyo bemererwa n’amategeko, ibyo abasaba ndetse n’aho bageze muri gahunda zo guteza imbere umurimo bahanga ndetse no guhanga imirimo mishya.

    Atanga ikiganiro ku iterambere ry’umurimo mu Karere ka Karongi, Bitegetsimana Déo, Umugenzuzi w’umurimo muri ako karere avuga ko imibare bafite yo kuva mu 2011, akarere kari kariyemeje guhanga imirimo ibihumbi bitandatu na magana atandatu na mirongo itandatu n’itandatu (6,666). Nyamara ariko ngo ubu kakaba kageze ku gipimo cya 32% mu guhanga imirimo mishya kandi ngo bagombye kuba nibura bageze ku kigero cya 90%.

    Iyi mirimo mishya byari byitezwe ko yagombye guturuka muri gahunda ya “Hanga umurimo”,  muri gahunda zo kuremera urubyiruko n’abagore ndetse no mu mashuri y’ubumenyingiro n’imyuga. Mu gihe kugeza ubu, Akarere ka Karongi gafite ibigo bitatu byigisha ubumenyingiro n’imyuga bitatu (IPRC na TVTs),Umugenzuzi w’Umurimo, Bitegetsimana Déo, avuga ko bagifite ikibazo cy’amabanki abadindiza muri gahunda ya “Hanga umurimo” kuko ngo abantu bakora imishinga noneho ikigo gitera inkunga imishinga y’iterambere (BDF) kikabemerera kubishingira ariko amabanki akagenda biguru ntege mu gutanga inguzanyo.

    Gahunda ya “Hanga umurimo” kimwe na gahunda yo kuremera urubyiruko n’abagore yatangiye mu mwaka wa 2011. Cyakora ariko gahunda yo kuremera urubyiruko n’abagore yo, ikaba ngo mu Karere ka Karongi yaratangijwe ku mugaragaro mu mwaka ushize wa 2013. Kugeza ubu, mu Karere ka Karongi, bakaba bamaze kuremera imirimo abaturage bagera kuri magana atatu na morongo irindwi n’icyenda (379) biganjemo urubyiruko n’abagore ngo binyuze mu nkunga zitangwa na Minisiteri y’Ubucuruzi (Minicom) na Minisiteri y’abakozi (Mifotra). Hakaba kandi hamaze gutangizwa ibigo biciriritse bigera kuri magana abiri na bitandatu byatanze imirimo ku bakozi babarirwa mu 1693. Naho abamaze kwihangira imirimo binyuze muri “Hanga umurmo” bon go akaba ari mirongo ine na batatu gusa.

    Kugira ngo bashobore kugera ku nshingano biyemeje mu guhanga imiromo mishya no kuremera urubyiruko n’abagore imirimo, uyu Mugenzuzi w’Umurimo mu Karere ka Karongi, akaba avuga ko akarere gakwiye gushyira ingufu mu gushishikariza ibigo byikorera, inganda n’amashuri kurushaho gufasha urubyiruko, abagore n’abandi kwimenyereza imyuga. Mu bindi bagomba gukora ngo hakaba harimo kunoza gahunda yo kuremera urubyiruko n’abagore, gukusanya no gutanga amakuru ku murimo, gutinyura urubyiruko n’abagore gufata inguzanyo  n’ibindi.

    Mu rwego rwo guhangana n’ibura ry’akazi n’ibibazo by’ubukungu, ku busanzwe Leta y’u Rwanda ikaba yari yimeje kujya ihanga nibura imirimo mishya ibihumbi magana abiri buri mwaka.

    Muri ibi biganiro by’umuhango wo kwizihiza umunsi w’umurimo, Mukama Libert, Umuyobozi ushinzwe amategeko n’ubutegetsi  mu Karere ka Karongi, akaba yanaganirije aba bakozi akarere ka ku itegeko rishya rigenga abakozi ba Leta, aho yagarutse cyane ku burenganzira bw’umukozi ariko kandi n’ibihano bafatirwa mu gihe batannye mu kazi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED