Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, May 3rd, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Burera: Abayobozi barasabwa kuba hafi y’abaturage bayobora

    Burera Abayobozi barasabwa kuba hafi y’abaturage bayobora

    Minisitiri w’ubutegetsi w’igihigu, Musoni James, arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kuba hafi y’abaturage bayobora kugira ngo hatagira ubashyiramo ibihuha bityo ntibakomeze inzira y’iterambere.

    Ubwo, tariki ya 29/04/2014, Minisitiri Musoni yasuraga akarere ka Burera akagirana ikiganiro n’abagize inteko y’abaturage y’ako karere, yavuze ko mu rwego rwo kugera ku iterambere rirambye abayobozi ndetse n’abaturage bagomba guhora iteka bari maso.

    Agira ati “Kugira ngo dukomeze iyo ntambwe y’iterambere, cyane cyane ko hari ahantu hagiye hagaragara abafite imigambi mibi yo gusenya igihugu, tugomba guhora iteka turi maso, ntihagire akantu na kamwe katwisoba…”

    Minisitiri Musoni akomeza asaba abayobozi gukomeza kuba hafi y’abaturage kugira ngo hatagira undi ubayobya.

    Agira ati “…tugakomeza kuba turi hafi y’abaturage, tukabegera, ntihagire umuntu ubashyiramo ibihuha, kugira ngo tugume kuri wa murongo w’iterambere.”

    Akomeza abwira kandi abanyaburera ko mu rwego rwo gukomeza gutera indi ntambwe igana ku iterambere rirambye bagomba gutekereza bugari.

    Agira ati “Burera ifite amahirwe yo gutera imbere, tugomba wishakamo ibisubizo, tugashaka uko dutera imbere.”

    Benshi mu baturage bo mu karere ka Burera batunzwe n’ubuhinzi. Aho bahinga ibihingwa bitandukanye birimo ibirayi, ibishyimbo ndetse n’ibigori. Ibyo bihingwa bitanga umusaruro mwinshi muri ako karere bityo bakihaza mu biribwa kandi bagasagurira n’amasoko.

    Akarere ka Burera gaturiye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ibyo bituma abanyaburera bitabira ibijyanye n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

    Minisitiri Musoni asaba abayobozi bo muri ako karere guhora hafi y’abo baturage kugira ngo iyo mirimo yose bakora bakiteza imbere itazahungabanywa n’umutekano muke ushobora guterwa umwanzi.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED