Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, May 21st, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Kigabiro: Inama y’umutekano yatsindagiye imikoreshereze myiza y’ikayi y’umudugudu

    Inama y’umutekano yaguye y’umurenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana, yateranye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 19/05/2014, yasabye abayobozi bose kuva ku rwego rw’umurenge kugeza mu mudugudu ndetse n’abaturage batuye uyu murenge ko bagomba kurushaho kuba maso kugira ngo hatagira ubameneramo agahungabanya umutekano, by’umwihariko buzuza neza ikayi y’umudugudu.

     Kigabiro Inama y’umutekano yatsindagiye imikoreshereze myiza y’ikayi y’umudugudu

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Marc, yatangaje ko kugeza ubu, umutekano wifashe neza mu murenge wa Kigabiro kimwe n’ahandi mu karere ka Rwamagana ariko ngo bakaba bagomba kuba maso kugira ngo hatazagira ubona aho amenera ashaka kuwuhungabanya.

    Muri iyi nama yitabiriwe n’abayobozi b’utugari, ab’imidugudu ndetse n’abayobozi b’ibimina bya Mutuelle de Santé bagera ku 198, bibukijwe ko bagomba guharanira ko amakayi y’imidugudu yashyizweho yuzuzwa neza kugira ngo umuntu wese winjiye mu mudugudu ajye yandikwamo n’ikimugenza, kandi nataha bimenyekane kugira ngo hirindwe abantu bashobora kubaho nk’inzererezi barangiza bagahungabanya umutekano.

    Iyi nama kandi ngo yabaye n’umwanya wo kugira ngo abaturage bibukiranye ko ari bo ba mbere bakwiriye kubungabunga umutekano ndetse abayobozi bagasabwa kuba maso birinda ko hari uwakwinjira mu bikorwa bibi byo guhungabanya umutekano nk’uko mu minsi ishize, hari ibice bimwe na bimwe byagiye bigaragaramo abayobozi bijanditse mu bikorwa byo guhungabanya umutekano.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigabiro yatanze ubutumwa bw’umwihariko ku baturage bw’uko bakwiriye kumenya ko umutekano nyawo wubakira ku muturage, bityo buri muturage akaba akwiriye kumenya umutekano we ku giti cye ndetse no kuba ijisho rya mugenzi we. ibi kandi ngo bikaba bijyana n’zindi ngamba zitandukanye zijyanye no kwita ku buzima n’imibereho myiza, nko gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kugira ngo bagire icyizere cy’ubuzima no kwivuza.

    Abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze z’umurenge wa Kigabiro bongeye kwibutswa ko bagomba gutanga amakuru ku gihe, igihe bakeka icyahungabanya umutekano kugirango gisuzumwe ndetse kibe cyakumirwa hakiri kare.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED