Subscribe by rss
    Sunday 24 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Jun 26th, 2014
    Latestnews / Rwanda Politics | By gahiji

    Bugesera: Muhongayire arasaba ubuyobozi kujya buhuza imihigo y’imirenge n’iy’akarere

    Minisitiri ushinzwe umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba Muhongayire Jacqueline, arasaba abayobozi b’ akarere ka Bugesera kujya bahuza imihigo y’imirenge n’iy’akarere mu rwego rwo kugira ngo babashe guhuza ibikorwa by’akarere n’imihigo maze ihigurwe vuba.

    Ibi yabibasabye kuwa 24/6/2014, mu nama yahuje akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako yari igamije kureba aho imihigo y’umwaka wa 2013-2014 igeze no kwigira hamwe iya 2014-2015.

    Mugusuzuma aho iyo imihigo igeze, byagaragaye ko hari imwe muri yo itarahigurwa, mu gihe hasigaye igihe kitageze ku kwezi ngo imihigo y’umwaka wa 2013-2014   isozwe.

    Ni muri urwo rwego aka karere kagiranye inama n’abafatanyabikorwa bako, maze berekwa aho itarahigurwa kugira ngo hashyirwemo ingufu.

    Byamungu Felix, peresida w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere ka Bugesera, avuga ko nk’abafatanyabikorwa bakurikiranira hafi ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, maze akarere kakareba niba imihigo baba bariyemeje barayishyize mu bikorwa.

    m_Abanyeshuri baramusobanurira ibyo bakora

    Ni mu kigo cya Nyamata TSS yerekwa inzu ihuzuye abanyeshuri bazajya bigiramo imyuga

    Yagize ati “ tugira uruhare rukomeye mu kumenya ibyo abafatanyabikorwa bakeneye maze tugahitamo dufatanyije n’akarere ibyo duteramo inkunga ndetse akarere kakareba niba ibyo twiyemeje twarabishyize mu bikorwa”.

    Mu gihe imihigo y’akarere yeswa hakurikijwe ingengo y’imari kari gafite, ibi bikaba byatuma hari ibidashyirwa mu bikorwa, Muhongayire Jacqueline, Minisitiri mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba ari na we ushinzwe akarere ka Bugesera muri Guverinoma yasabye abaturage b’aka karere ko ibikorwa biba biri mu mihigo byakoreshwa amaboko, bajya bagiramo uruhare kugirango iyo mihigo ibashe kweswa.

    m_Abanyeshuri baramusobanurira ibyo bakora2

    Abanyeshuri baramusobanurira ibyo bakora

    “ ndabasaba kujya muhuza imihigo y’imirenge n’iy’akarere mu rwego rwo kugirango yihutishwe kuko buri murenge ugiye ugira umwihariko kandi amahirwe akaba atandukanye mu mirenge. Ahatari ingengo y’imari ikwiriye abaturage bakabigiramo uruhare mu buryo bwo kwihesha agaciro maze ibibarenze hakaba haza inkunga yo kubunganira”.

    Nyuma y’iyi nama, Minisitiri Muhongayire yafashe umwanya wo kujya kureba niba koko ibiri mu nyandiko z’imihigo, byarashyizwe mu bikorwa, aho yasuye agakiriro ka Nyamata, ihoteri, ndetse n’ibikorwa biri gukorerwa mu ishuri ry’imyuga rya Nyamata.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED