Subscribe by rss
    Tuesday 26 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Sep 30th, 2014
    Latestnews / National | By gahiji

    Huye: Urubyiruko rurishimira ko rwabaye urwa 4 mu kwesa imihigo

    m_Huye Urubyiruko rurishimira ko rwabaye urwa 4 mu kwesa

    ukuriye urubyiruko muri huye

    Nyuma y’aho akarere ka Huye kabereye aka gatatu mu kwesa imihigo mu mwaka wa 2013-2014, amanota yashyizwe ahagaragara ku itariki ya 26/9/2014 yagaragaje ko urubyiruko rwo muri aka karere na rwo rwakoze neza, kuko bo bagize umwanya wa kane.

    Albert Rusumbigabo ukuriye inama y’igihugu y’urubyiruko muri aka karere, mu gusobanura ibyishimo batewe no kugira uwo mwanya yagize ati “Ubushize twari twabaye aba 30, ni ukuvuga aba nyuma. Kuba ubu twarabaye aba kane n’amanota 95, byagaragaje ko imbaraga twashyize mu guteza imbere ibikorwa by’urubyiruko koko zatanze imbuto.”

    Mu byo avuga bagezeho harimo kuba barabashije gushinga amakoperative y’urubyiruko “agera kuri 24”, kandi ngo abayasuye basanze akora neza, yaranateje imbere urubyiruko ruyarimo. Ayo makoperative ni ashingiye ku buhinzi n’ubworozi, ndetse n’ubukorikori.

    Ikindi intumwa za minisiteri y’urubyiruko zifatanyije n’inama y’igihugu y’urubyiruko baje gusuzuma bashimye i Huye, ni uko ngo basanze inzego z’urubyiruko zose zikora kugera no ku rwego rw’akagari.

    Albert Rusumbigabo na none ati “banasanze twarahuguye urubyiruko rwinshi mu kwihangira imirimo. Ibi bikaba binaduha icyizere ko bizagabanya umubare w’urubyiruko rudafite imirimo.”

    Intego yabo ni ugukomereza aho bari bageze. Albert ati “amwe muri aya makoperative ubu yageze no ku rwego rwo gushinga inganda ziciriritse. Gahunda dufite ni uko bakomereza aho bari bageze, kandi tukazamura n’andi makoperative, ku buryo abatanga amanota nibagaruka bazasanga ibikorwa byacu twarabikubye kabiri.”

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED