Subscribe by rss
    Thursday 28 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Apr 30th, 2015
    Feature / Kinyarwanda / Latestnews / National | By gahiji

    Nyaruguru: Abikorera bagiye kwandika basaba ko itegeko nshinga rihinduka

    Nyaruguru: Abikorera bagiye kwandika basaba ko itegeko nshinga rihinduka

    Abagize urugaga rw’abikorera mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bakurikije aho iterambere rigeze mu Rwanda ndetse n’uburyo abikorera boroherezwa gukora, ngo bifuza ko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yahinduka, maze perezida wa Repubulika Paul Kagame akongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda.

    Aba bikorera bavuga ko perezida wa Repubulika ari we wabahaye uburyi bunoze bwo kubasha gukora, abegereza ibigo by’imari kandi akabagezaho ibikorwa remezo biborohereza gukora, kuburyo ngo bifuza ko yakomeza kuyobora kugirango ibyagezweho bitazasenyuka.

    “ Dufite byinshi dushingiraho dusaba ko iyo ngingo yahinduka, kuko iratubangamiye. Imihanda yarakozwe ubu tararangura ibicuruzwa bikatugeraho nta kibazo, amashanyarazi ni uko, ubu umucuruzi arajya kuri SACCO akagurizwa amafaranga akaza agacuruza, kera bitarabagaho”- Twiringiyimana Jean Bosco umwe mu bacuruzi.

    “Kera nta mugore wacuruzaga. Ubu abagore bakorewe ubuvugizi turacuruza kandi byose ni Paul Kagame wabikoze”- Hategekimana Patricie, umucuruzi wo muri Nyaruguru.

    Aba bacuruzi bemeza ko n’ubwo hashobora kubona undi wasimbura Perezida wa Repubulika, ariko ngo ntamuntu wahindura ikipe kandi abona ikina neza, ari nayo mpamvu ngo bifuza ko ababishinzwe bakumva ibyifuzo byabo, maze iyo ngingo igahindurwa, kugirango manda z’umukuru w’igihugu ziyongere.

    Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu karere ka Nyaruguru Gasana Jean Baptiste, avuga ko ubu mu mirenge yose igize aka karere hagiye kuzengurutswa impapuro zo kwandikaho abikorera bashigikiye icyo gitekerezo, hanyuma ngo bazamara kwiyandikaho no gushyiraho imikono yabo, urugaga rw’abikorera ku rwego r’akarere rukandika ibariwa isaba ko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga yahindurwa.

    Ati:” Dufatanyije n’abahagarariye abikorera mu mirenge, ubu tugiye ohereza amalisiti ku mirenge, hanyuma abikorera bose bazandikeho amazina yabo banashyireho imikono, hanyuma natwe ubwo dutegure ibaruwa ibisaba, kandi mu cyumweru kumwe gusa turumva iyo baruwa izaba yageze ku nzego zibishinzwe”.

    Ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2013, ryagaragaje ko mu karere ka Nyaruguru hari abikorera basaga 900. Kuri ubu uru rugaga rwemeza ko biyongereye. Mu mirenge yose  ubu hari kwandikwa abikorera banasinya imbere y’amazina yabo, kugirango urwo rutonde ruzajyane n’ibaruwa y’urugaga isaba ko itegeko nshinga rihinduka.

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED