Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Nov 4th, 2015
    Block4--ibikorwa-National / Kinyarwanda / Latestnews | By gahiji

    Huye: Barasabwa kwigomwa icupa bakagura ikayi y’umuhigo w’ingo

    Huye: Barasabwa kwigomwa icupa bakagura ikayi y’umuhigo w’ingo

    Nyuma yo kubona ko umuhigo w’ingo ari wo shingiro nyaryo ry’iterambere, mu Karere ka Huye barasaba abaturage kugura ikayi yabugenewe.

    Ubundi abaturage bahigiraga mu makaye asanzwe, ariko noneho ayakozwe kugira ngo ajye yifashishwa muri iki gikorwa yitwa “ikaye y’umuhuza mu iterambere”, barasabwa kuba ari yo bifashisha.

    Aya makaye akoze ku buryo agaragaramo imihigo yose abantu bashobora guhigira haba mu bijyanye n’imiyoborere myiza n’ubutabera, imibereho myiza ndetse n’ubukungu. Abantu rero bagenda bahitamo iyo bazageraho ijyanye n’imibereho yabo.

    Mu Karere ka Huye kandi aya makaye bayakoze ku buryo ku gifuniko imbere hagaragara ifoto y’ibiro by’Akarere, naho ku rundi ruhande hakagaragara indirimbo yubahiriza igihugu ndetse n’ikarita y’umurenge, kimwe n’icyivugo cy’ubutore cya buri murenge.

    Ni ukuvuga ko abaturage bo mu mirenge inyuranye badahuza ikaye yo kwifashisha, urebyey inyuma, ariko imihigo yo guhitamo yo ni imwe.

    Aya makaye rero, imwe igura amafaranga 250.

    Ubwo mu Murenge wa Kigoma bagaragariza aya makaye abaturage babashishikariza no kuyagura tariki 30/10, umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’uyu murenge yagize ati “icupa y’urwagwa rwiza rw’ibitoki murigura amafaranga ari hagati ya 250 na 300. Muzigomwe icupa rimwe ariko muyigure.”

    Abanyakigoma biyemeje kuzagura iyi kaye. Christine Mukandamutsa wo mu Kagari ka Karambi ati “twagiraga udukarine twandikamo imihigo, ugasanga tutabikitse neza. Buriya kariya njye kanshimishije kuko nabonye ari na kanini. Umuntu yashyiramo icyo atekereza cyose.”

    Ku kibazo cy’uko ikiguzi cy’iyi kaye gishobora kuba ari kinini, Mukandamutsa ati “ntabwo ari menshi ugereranyije n’akamaro k’imihigo. Guhiga ni byiza kuko bituma ubukungu bwiyongera, kuko n’ubwo waba ukennye ugahigira ko abana bawe baziga, bituma batazaba mayibobo.”

    Cyprien Nzabahimana yunga mu rya Mukandamutsa agira ati “Imihigo ni myiza kuko ituma hari iby’iterambere uhigira kandi ukiteza imbere. Njye nari nahigiye kubaka igikoni no gushaka amatungo. Ubu natangiye kubaka ibiraro by’amatungo, kandi ibyo nahigiye byose nzabigeraho.”

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED