Subscribe by rss
    Wednesday 20 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Jun 18th, 2012
    Ibikorwa | By Mathew

    Ruhango: abahemutse n’abahemukiwe bari mu gikorwa cy’ubwiyunge

    Rwanda | Inkiko Gacaca

    Inkiko Gacaca

    Mu rwego rwo gusoza neza imirimo y’inkiko Gacaca, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, uri mu gikorwa cyo guhuza abantu bahemukiwe n’abadafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo y’abo bahemukiye muri jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994.

    Icyi gikorwa cyo guhuza aba bantu cyatangiye muri icyi cyumweru cyahariwe imirimo yo gusoza inkiko Gacaca.

    Abakurikiranira hafi icyi gikorwa, bemeza ko kirimo gutanga umwuka mwiza hagati y’abahemutse n’abahemukiwe ndetse bagasnga ari nzira nyayo y’ubwiyunge koko.

    Hari abantu inkiko Gacaca zagiye zihamya ibyaha byo kuba barasahuye imitungo y’abatutsi mu gihe cya jenoside yakozwe mu 1994 ariko bikagaragara ko nta bushobozi bafite bwo kwishyura ibyo baryozwa.

    Ibi ugasanga bikomeza kuba icyibazo gikomeye cyane hagati y’abishyuza indishyi z’ibyabo ndetse n’ababyishyuzwa.

    Ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’umurenge wa Kinihira bwatangije gahunda yo kumvikanisha izi mande zombi muri icyi cyumweru cyahariwe inkiko Gacaca.

    Bamwe babifata nk’aho bidashoboka, ariko birashoboka

    Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinihira buvuga ko usanga icyi gikorwa gishimisha cyane abahemukiwe kuko usanga bavuga ngo byari byaratinze; nk’uko bisobanurwa na Uwimana Ernest umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinihira.

    Uwimana avuga ko abacitse ku icumu mu murenge wa Kinihira, bishimiye icyi gikorwa cyane. Kuko ngo usanga bagira bati “natwe byatuvunaga kubana n’abantu murebana amaso y’Ingwe umwe atinya kuvugisha undi”

    Ariko kugeza ubu usanga uwahemutse n’uwahemukiwe bavuga rumwe kuko hagiye habaho umwanya wo kubahuza uhamutse agasaba imbabazi uwo yahemukiye akanamwereka ko Atari ukwanga ku mwishyura ahubwo ko ari ikibazo cy’amikoro macye.

    Gutanga imbabazi si agahato

    Izi mpande zombi yaba uwahemutse yaba uwahemukiwe barahuzwa bakagarizwa inyungu ziri mu bwumvikane. Icyo gihe nyiri uguhemukirwa niwe ugira uruhare rwo kubabarira uwamusabye imbabazi nta wumushyizeho agahato kuko ari we uba ugomba gufata icyemezo cya yego cyangwa oya.

    Izi mbabazi iyo zitanzwe usanga ari inyungu ku mpande zombi ndetse no kubaturanyi babo, kuko urwikekwe rwabaga hagati y’izi mpande zombie rurashira. Ugasanga imiryango yongeye kubana neza ndetse umwe ukaba yafasha undi mu kibazo runaka.

      

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED