Subscribe by rss
    Thursday 25 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Jun 20th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    GISAGARA : UBUDEHE BWABAGEJEJE KU MUNEZERO

    Rwanda | GISAGARA  UBUDEHE BWABAGEJEJEUmusaruro w’ubuhinzi, ubworozi n’ubusabane ni byo abaturage bo mu mudugudu wa Nyarunazi, Akagari ka Sabusaro mu Murenge wa Kansi, Akarere ka Gisagara bishimira ko bagejejweho na gahunda y’ubudehe.

    Abaturage b’uyu murenge bari muri iyi gahunda y’ubudehe baravuga ko kugeza ubu basigaye babasha gusarura imyaka ihagije, bakorora babifashijwemo n’ubudehe ku buryo nta nzara ikibarangwamo kandi hejuru y’ibyo bakabasha no gusabana.

    « imyumbati iraboneka ku buryo jye nsigaye mbona twihagije, nta nzara, kandi icyanadufashije ni uko imbuto twateye twafashijwe kuyibona binyuze muri iyi gahunda y’ubudehe. Twabashije kandi korozanya kuburyo ubu dufite amatungo kandi tukanabasha gusabana » MUTABAZI Alphonse.

    Gahunda y’ubudehe yibanda ku ngingo eshatu z’umwihariko zirimo ubworozi, ubuhinzi n’ubusabane. Abaturage barorozanya hagati yabo bagahana ihene n’inka, ku kijyanye n’ubuhinzi bagiye bahabwa imbuto z’imyumbati barahinga ku buryo ubu ntawe ugitaka inzara nk’uko babyivugira

    Agoronome w’Umurenge wa Kansi ari na we ukuriye ubudehe muri uyu murenge atangaza ko iyi gahunda y’ubudehe yateje imbere imibereho y’abaturage batuye uyu murenge.

    “kuko ibikorwa bibera mu midugudu abaturage nibo ubwabo bicara bakareba icyo bakeneye kurusha ibindi kugirango babashe gutera imbere, nibo kandi bahitamo abakwiriye gutangirwa ubwisungane mukwivuza (Mutuelle de santé), bagiye banafasha abaturage kwinjira mu murenge sacco bityo bamenya kwizigamira. Hari ibihingwa byinshi bagiye bahingira hamwe bikabafasha kubona umusaruro uhagije kandi mu busabane. Banabashije kwigishwa guhunika imyaka maze bikabafasha kutabura imbuto igihe cy’ihinga » Agoronome wa Kansi

    Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kansi, ngo nyuma y’aho iyi gahunda ishyiriweho mu mwaka wa 2008, mu midugudu 29 igize uwo murenge imiryango myinshi  imaze korozwa ihene n’inka. Nyuma kandi y’uko izi hene cyangwa inka bagiye borozwa zibyaye, n’abazihawe bagiye baha abatari barazibonye .  Ikindi cyakozwe kandi bemeza ko cyabateje imbere ni ubuhinzi bw’imyumbati ndetse n’umushinga wo guhunika ibishyimbo, kuko ngo byabarinze inzara kandi bibafasha kubonera imbuto ku gihe. Bitewe kandi n’uko ibyo bikorwa babikoreraga hamwe, ngo byabongereye ubusabane.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED