Subscribe by rss
    Saturday 16 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jun 24th, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By grace

    Gatsibo batangiye kumurika imihigo ya 2011-2012

    m_Gatsibo batangiye kumurika imihigo ya 2011-2012

     

     

     

     

     

     

     

    Zimwe mu ntumwa za Minisiteri zisuzuma imihigo

    Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwatangiye kumurika imihigo ya 2011-2012 bwasinyanye na perezida wa repubulika y’ u Rwanda, kuri uyu wa 21/6/2012 abakozi b’akarere n’abayobozi b’akarere bagaragaje mu nyandiko ibyo bahize aho babikoze nuko byakozwe.

    Mu gutangiza igikorwa cyo kumurika imihigo, umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise yagaragaje mu nshamake uko akarere kitwaye mu mihigo asaba abakozi b’akarere bayishyize mu bikorwa kuyimurikira abakozi baturutse muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu kuko ari uburyo bwo kugaragaza ibyo bakora mu nyungu z’abaturage kandi basinyanye na Perezida wa Repubulika.

    Mu mihigo 61 akarere ka Gatsibo kahize kavuga ko umwe ariwo katashoboye gushyira mubikorwa, umuhigo ujyanye no gutunganya igishanga cya Ntende kuri hegitare 300 byangijwe n’imyuzure yabaye myinshi abagomba gushyira umuhigo mu bikorwa bakabura uko babigenza kubera amazi menshi, ubuyobozi bw’akarere bukaba bwarasabye Minisiteri  gukura uwo muhigo mu mihigo kazashyira mu bikorwa.

    Nkuko ubuyobozi bw’akarere bwabimuritse mu mihigo 60 isigaye imyinshi yagezweho, 32 yagezweho hejuru y’ijana naho 2 igerwaho munsi ya 65% irimo gushyira amatara kuri 2km  ku muhanda w’umujyi wa Kabarore hamwe no kugeza kubaturage ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba aho byakozwe kuri 61% hakaba haraguzwe panel 17 muri 28 zari zateganyijwe, naho iyindi mihigo 24 isigaye yagezweho hejuru ya 68%.

    Mu mihigo igendera mu nkingi z’ubukungu n’ imibereho myiza umuhigo washoboye kugerwaho kurusha iyindi ni imihigo y’ubuhinzi aho imyinshi yagezweho hejuru y’ 100 naho ibikorwa remezo bikaha biri mubitaragezweho uko bikwiye kuko mubaturage 7000 bagombaga kugezwaho amashanyarazi abagera 6650 nibo babonye amashanyarazi, aka karere kabarirwamo umubare munini w’abantu bakuru, batazi gusoma no kwandika aka karere  kashoboye kwigisha 7320 gusoma no kwandika nubwo abagomba kugera kuri iyi gahunda bagera kuri 35 000.

    Uretse kuba abakozi baturutse muri za Minisiteri basuzumye imihigo mu nyandiko biteganyijwe ko taliki ya 22 kamena bazajya kureba ibikorwa byashyizwe mubikorwa aho batangaje ko bazajya gusura ikawa zatewe mu murenge wa Muhura, amaterasi Gatsibo nahahujwe ubutaka hakoreshejwe imashine mu murenge wa rwimbogo.

       

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED