Subscribe by rss
    Monday 25 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jun 24th, 2012
    Ibikorwa | By Lisa

    “Kuri bamwe kwibuka jenoside yakorewe abatutsi biracyakorwa baseta ibirenge” – Mucyo Jean de Dieu

    Mucyo Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside aratangaza ko hakiri aho bibuka jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda bamwe baseta ibirenge ari nka bya bindi byo kubikora bikiza abantu.

     m_“Kuri bamwe kwibuka jenoside yakorewe abatutsi biracyakorwa baseta ibirenge” - Mucyo Jean de Dieu

     

     

     

     

     

     

    Ibi yabivuze tariki 22/06/2012 ashimira ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo kuba bwafashe iya mbere mu kwibuka abakozi 34 b’izahoze ari perefegitura za Gitarama. Butare na Gikongoro bishwe mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda bamaze kumenyekana.

    Yakomeje avuga ko hari amakuru amubwira ko hari ibigo bitariyumvisha akamaro ko kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ndetse byanakorwa bigakorwa baseta ibirenge. Ati: “ Usanga mu bigo baturanye bibuka ariko bo bagasigara babona nkaho ntacyo bibabwiye.

    Mucyo Jean de Dieu yasabye abari aho ko bimwe mu bigo baba bazi babihwitura maze mu minsi isigaye nabyo bikagira uruhare mu guha agaciro igikorwa cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

    Yabivuze muri aya magambo agira ati: “ Niba hari inshuti mufite ikora mu kigo bagenda baseta ibirenge muri gahunda zijyanye no kwibuka mutubwire natwe tubafashe”

    Ibigo birebwa n’iyi gahunda harimo ibigo by’amashuli, abikorera ku giti cyabo, ibigo bya leta, abanyamadini n’abandi nk’uko Jean de Dieu Mucyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside abivuga.

    Gahunda yo kwibuka ifasha mu kugaragaza ukuri kandi igatuma abahakanyi ba jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda batabona aho bahera bayipfobya kuko  uko bageranya amazina y’abishwe banavuga ababishe bigatuma bagwa mu kantu.

    Kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ni intwaro yo kurwanya abayipfobya ndetse no guha agaciro abo yahitanye buri wese agomba guharanira nk’uko Jean de Dieu mucyo abisobanura.

    Mucyo Jean de Dieu, umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside yanibukije abari aho ko jenoside ituruka mu bitekerezo bibi nabyo biba byaturutse ku macakubiri.

    Ashingiye ku bitabo by’abahanga banyuranye bagize icyo bavuga kuri jenoside yasobanuye ko iyo ijya gushyirwa mu bikorwa abantu batangira bigabanyamo ibice bamwe bati twe abandi bati bariya maze bikarangira bashatse kwikiza abo badashaka.

    Yavuze ko bamwe batangira babona abanzi muri bagenzi babo basangiraga kugeza ubwo bifuje  no kubarimbura.

    Iyo umuntu atangiye kwita undi igisebe cyangwa ati uri umusundwe mu mubiri we akumva ko ari muzima ubwo jenoside iba yatangiye guhemberwa nk’uko Jean de Dieu Mucyo yibukije ibyandikwaga na Gitera mbere ya jenoside ahamagarira abanyarwanda kwanga abandi nta mpamvu.

    Asobanurira imbaga y’abantu bari aho yababwiye ko iyo aba ari propagande mbi cyane yumvisha abantu ko bamwe ari inzoka zigomba gucibwa umutwe n’ibindi.

    Ku bijyanye na jenoside yakorewe abayahudi yavuze ko mu gihe cyabo nabo bitwaga kanseri kandi bizwi ko iyo ifashe ukugura baguca nyamara ngo byari uburyo bwo gushaka uko babarimbura.

    Umuhango wo kwibuka abari abakozi ba perefegitura za Butare, Gikongoro na Gitarama witabiriwe n’abantu b’ingeri zose barimo abagize Inteko Nshingamategeko imitwe yombi n’abayobozi mu nzego zose ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo.

     


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED