Subscribe by rss
    Saturday 23 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jun 24th, 2012
    Ibikorwa | By Lisa

    Nyabihu: Abakuze 110 bigaga gusoma no kwandika bahawe impamyabumenyi

    Mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu, abantu 110 mu batari bazi gusoma no kwandika bagannye amasomero mu tugari dutandukanye, bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa 21/06/2012 nyuma y’aho bakurikiraniye amasomo yabo neza kandi bakerekana ko bayumvise bakanayamenya mu gihe cy’amezi  6 bamaze biga.

    m_Nyabihu Abakuze 110 bigaga gusoma no kwandika bahawe impamyabumenyi

     

     

     

     

     

     

    Abagannye amasomero n’impamyabumenyi zabo

    Nk’uko twabitangarijwe n’ushinzwe uburezi mu murenge wa Jenda Komezubutwari Jean Pierre, abitabiriye amasomero mu murenge wa Jenda ni 504 muri bo abakoze ibizamini ni 110 banagaragaje ko koko bamenye ibyo bize, nuko bashyikirizwa impamyabumenyi zabo.

    Nyuma yo guhabwa impamyabumenyi, abatari bazi gusoma no kwandika nyamara kandi bagaragaje ko bigishijwe babimenya kandi mu buryo bwiza, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Sahunkuye Alexandre yashishikarije abatazi gusoma kugana amasomero bityo bakivomera ubumenyi bakarushaho gutera imbere.

    Hongerewe amasomero hafatwa n’ingamba zo kuzamura abakuze 110 bahawe impamyabumenyi

    m_Nyabihu Abakuze 110 bigaga gusoma no kwandika bahawe impamyabumenyi 2

     

     

     

     

     

     

     

    Abakuze mu masomero bahabwa amasomo

    Zimwe mu ngamba zafashwe ni ukongera amasomero mu murenge wa Jenda kugira ngo abashaka kuyayoboka babone aho bigira. Nk’uko Komezubutwari Jean Pierre  ushinzwe uburezi mu murenge wa Jenda yabidutangarije,uyu mwaka utangira bari bafite amasomero agera ku 2 gusa,nyamara kugeza ubu bamaze kugira amasomero 29 kandi akora neza. Avuga ko intego yabo ari uguteza imbere uburezi hitabwa ku mashuri mu nzego zose,ariko by’umwihariko abatazi gusoma no kwandika bakuze hagashyirwaho umwete wo kubibashishikariza.

    Bakaba kandi bariyemeje ko bagiye gushaka uburyo abarangije kwiga gusoma no kwandika 110 bakuze bashyirwa mu kimina ku buryo bafashwa bakajya bakangurira abandi batabizi  kwitabira amasomero. Komezubutwari Jean Pierre akaba avuga ko iki cyifuzo bakigejeje ku muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza w’abaturage mu karere,wanabemereye ko bazashakirwa inkunga bagakora icyo gikorwa.

    Mu karere ka Nyabihu,hakaba hari amasomero 122 yigamo abantu bakuze 5440 mu gihe hari hiyemejwe ko hazubakwa amasomero 73 yagombaga kwigamo abantu 3600. Bakaba bararengeje umuhigo bari biyemeje kugeraho ku 158% nk’uko Nkera David ushinzwe uburezi yabitangaje.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED