Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jul 1st, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Hakwiye kubaho uburyo bwo kwibuka abishwe mu buryo bwihariye -Minisitiri Mitari

    Rwanda | Hakwiye kubaho uburyoIbi Minisitiri wa Siporo n’umuco, Mitari Protais, yabivuze mu gikora cyo kwibuka no gushyingura abazize jenoside, mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, kuri uyu wa 29 Kamena 2012.

    Minisitiri yagize ati “ahitwa i Nyarubaka (ho mu Karere ka Kamonyi) hari aho biciye abana b’abahungu bonyine. Mu minsi yashize, i Kibirizi (ho mu Karere ka Gisagara) twibutse abagore bagera kuri 350 bari batandukanyijwe n’abana b’abahungu ndetse n’abagabo. Bishwe bonyine, nabi, maze mu kubashyingura babanza kubasasira umugabo umwe ngo ‘batazabatera umwaku’. Turifuza ko mu minsi iri imbere hazajya hibukwa n’abapfuye mu buryo bwihariye”.

    Na none kandi, Minisitiri w’umuco yavuze ko bikwiye ko habaho inzibutso ku nzego zitandukanye z’imitegekere mu Rwanda: urwego rw’igihugu, urw’akarere n’urw’umurenge. Ibi ngo bizafasha kwegeranyiriza hamwe imibiri y’abazize jenoside bose mu nzibutso, bakareka kuba ahantu hatandukanye.

    Uku gushyira abazize jenoside bose hamwe kandi ngo bifite akamaro. “Bizafasha muri gahunda y’igihe kirekire kuko abazize jenoside bose bazaba bari hamwe, bakibukirwa hamwe ndetse n’inzibutso zikabasha kurindwa.” Minisitiri rero yunzemo agira ati “muzashishikarize abacitse ku icumu kuzana abantu babo bose mu nzibutso, ntibakabe ahantu hatandukanye”.

    Iki gikorwa cyo kwibuka i Kinazi cyabaye mu gihe ya minsi ijana yagenewe kwibuka jenoside iri hafi kurangira. Minisitiri wa Siporo n’umuco rero ati “n’ubwo imihango yo kwibuka igiye gusozwa, ntibivuga ko kwibuka bizaba birangiye. Byagaragaye ko hari inzibutso zitongera kwitabwaho, ugasanga zaramezemo ibyatsi, zikazongera gukorerwa isuku ukwezi kwa Mata kwegereje. Ubu noneho kuzitaho bizakomeze”.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED