Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Jul 3rd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Nyamasheke: Abaturage bavuwe muri army week barashima ingabo z’igihugu.

    Rwanda  | Nyamasheke AbaturageMu muhango wo gusoza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya gisirikari (army week) cyakorwagamo ibikorwa byo kuvura abaturage b’uturere twa Nyamasheke na Rusizi barwaye indwara zitandukanye, abaturage bahawe serivisi z’ubuvuzi n’inzobere zo mu bitaro bya gisirikari by’urwanda bashimiye ingabo z’igihugu kuba zarabitangiye zikabavura ku buntu.

    Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa 30/06/2012, umukecuru w’imyaka 82 witwa Kankindi Mariyana yatanze ubuhamya avuga ko yari amaze imyaka igera kuri makumyabiri arwaye ijisho bakaba bari baramusabye kuzajya kwivuza ku bitaro bya Kabgayi bikamunanira, ariko ubu akaba yaravuwe akaba asigaye abona.

    Yashimiye ingabo z’igihugu ku gikorwa kiza zatekereje ziyemeza kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi mu gihe bo batashoboraga kuzisanga aho zisanzwe zibarizwa.

    Amagambo yo gushima yagarutsweho na Mukamuganga Rose nawe wavuze ko yari arwaye umugongo afite n’ikibazo cy’amagufa ariko ubu akaba yaravuwe.

    Ibikorwa nk’ibi biba bigamije kwegereza serivisi z’ubuvuzi abaturage bityo inzobere mu buvuzi ntizigume mu bitaro bikomeye nk’ibyitiriwe umwami Faisal, ibitaro bya kaminuza n’ibya gisirikari, kuko usanga haba hari abaturage badafite ubushobozi bwo kujyayo kandi bakeneye ubuvuzi nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’ibitaro bya Gisirikari by’urwanda Colonel Dr Karenzi Ben.

    Yakomeje avuga ko ibikorwa nk’ibi bituma abaturage bibona mu gisirikari bakumva ko ari icyabo, ndetse ko kuba byaritabiriwe cyane bigaragaza ko abaturage bari babikeneye. Yijeje abatuye akarere ka nyamasheke ko ingabo zizahora zibazirikana no mu minsi iri imbere.

    Mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage, akarere ka Nyamasheke gafite ibitaro 2 n’ibigo nderabuzima 19, kakaba kanafite utuvuriro duto (poste de santé) mu mirenge imwe n’imwe mu rwego rwo kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’ubuzima.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED