Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Jul 10th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Ibarura rusange rizafasha mu iterambere kuko ariryo rigiye gukorwa nyuma yo guhindura inzego z’imiyoborere

    Rwanda | Ibarura rusange rizafashaIkigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kizakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire muri uyu mwaka wa 2012 kiratangaza ko iri barura rizafasha leta kugeza iterambere ku gihugu kuko ariryo barurwa rya mbere rikozwe nyuma y’aho inzego z’imiyoborere zihindukiye.

    Ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryaherukaga gukorwa ryabaye mu mwaka w’ 2002, iki gihe izi nzego z’imiyoborere zikaba zari ritarahinduka. Ni ukuvuga ko icyo gihe hari hariho amaperefegitura, amakomini, segiteri, cellule na nyumbakumi. Iri barura ryari rikigenderwaho kugeza magingo aya ntiryoroherezaga leta ndetse n’abafatanyabikorwa bayo kuko imibare n’amakuru byo muri iri barura ntaho byari bihuriye n’inzego nshya nzashyizweho.

    Umukozi w’iki kigo akaba n’umuhuzabikorwa w’iri barura rigiye gukorwa, mu ntara y’Amajyepfo Rutenema Baudouin avuga nyuma yo gushyiraho inzego nshya arizo intara, akarere, umurenge, akagari n’umudugudu, hagiye hakorwa amabarura mato ariko ataratangaga amakuru ahagije, kugirango babone amakuru ajyanye n’izi nzego. Avuga ko aya makuru akenshi wasanga anyuranye kuko hari ubwo buri wese bitewe n’ibyo ashaka gukora hakorwaga ibirura rito ryatangaga amakuru anyuranye n’irindi ryakozwe.

    Agira ati: “hari ubwo abakuru b’imidugudu basabwaga gukora amabarura mato kugira ngo bifashe mu bikorwa binyuranye ariko kuko yabaga atakozwe ku buryo bwimbitse wasangaga adafite amakuru ahagije kuburyo nk’iyo hajyagaho umukuru w’umudugudu mushya yakoraga ibarura ritanga amakura atandukanye n’iry’uwavuyeho”.

    Uyu muhuzabikorwa w’iri barura mu ntara y’Amajyepfo avuga ko iri barura rizafasha leta n’abafatanyabikorwa bayo mu kumenya umubare nyayo w’abaturarwanda ndetse n’uko bahagaze mu nzego z’imiyoborere bagiye barimo.

    Agira ati: “niba hakenewe amakuru ku rwego rw’umudugudu, akagari cyangwa no ku rundi rwego, iri barura rizabikemura kuko noneho tuzamenya ngo abaturage dufite mu mudugudu runaka ni aba, inka dutunze zingana gutya, imihanda dufite, amavuriro, amashuri, n’ibindi kuburyo hazamenyekana noneho ingufu zisabwa kugirango twihute mu iterambere”.

    Iri barura rigiye gukorwa ku nshuro ya kane, ruzatangira kuya 16 kugeza kuya 30 mu kwezi kwa munani kw’uyu mwaka wa 2012.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED