Subscribe by rss
    Wednesday 03 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Jul 20th, 2012
    Ibikorwa | By Aninta

    Rwanda | Nyamasheke: Abashinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage bibukijwe gutanga serivisi nziza.

    Nyamasheke Abashinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage bibukijwe gutanga serivisi nziza.

    Mu nama yahuje serivisi y’imiyoborere myiza n’abashinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage ku mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke yabaye kuri uyu wa 19/07/2012, umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere yabasabye guharanira gutanga serivisi nziza kubabagana.

    Mukarugomwa Noëlla, umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere yavuze ko iyi nama yari igendereye kurebera hamwe imigendekere y’akazi kabo no kureba uko barushaho kukanoza ngo bazabashe kwesa imihigo yabo ku kigero cyo hejuru gishoboka.

    Mukarugomwa yabwiye abashinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage ku mirenge ko akazi kabo gatuma bahura n’abaturage benshi bakaba bagomba guharanira kubakira neza uko bishoboka kose.

    Yababwiye ko uko bavugisha ababagana bigira uruhare mu gutuma umuturage yumva ko yahawe serivisi nziza cyangwa se mbi, bityo bakaba basabwa kujya babavugisha neza, bakakira umuntu wese uje abagana uko yaba ameze kose, kandi bakiyoroshya.

    Yabibukije kandi kugaragaza gahunda y’ibikorwa bakora kugira ngo abaturage bage bamenya umunsi bazabasanga ku kazi kandi bizeye ko bari bwakirwe bagahabwa ubufasha bakeneye.

    Abashinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage ku mirenge basabwe kumanuka bakegera abaturage ku midugudu kuko aribwo ibibazo abaturage baba bafite bizakemuka kurushaho, kandi n’ubuyobozi bukaba bwegerejwe abaturage koko.

    Muri iyi nama, aba bakozi bibukijwe inshingano zabo zo kurangiza imanza nk’abahesha b’inkiko batari ab’umwuga, gukurikirana uko inteko z’abaturage zikorwa ndetse n’inteko z’abunzi muri rusange.

    Basabwe kandi kujya batanga raporo ku gihe kandi zikoze neza uko bisabwa kuko ari imwe mu nzira zo kumenyekanisha ibyo bakora n’uko babikora.

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED