Subscribe by rss
    Wednesday 27 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Mon, Jan 16th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Muhanga: inzego z’ubuyobozi zirasabwa gukorana uko bikwiye zitagongana

    Kuri uyu wa 12 Mutarama 2012, umuyobozi w’intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwari yasabye abagize inzego nyobozi bose kwimakaza umuco wo gukorana neza, bubahiriza uko inzego zubatse kuko aribyo byabafasha kuzagera kubyo biyemeje kugeraho mu mihigo. Ibi akaba yabibasabye mu gikorwa cyo gusuzuma aho aka karere kageze bashyira mu bikorwa imihigo bahize.

    Muhanga inzego z ubuyobozi    

    Mu gihe bamwe mu bayobozi berekanaga ibyo bamaze kugeraho uyu mwaka, byagaragaye ko hari abakora amaraporo yabo badafatanije n’abayobozi bakwiye gufatanya bityo bigatuma izo raporo zidakorwa neza, Umuyobozi w’Intara Munyantwari yasabye abo bayobozi gukorana kugirango amakosa yagaragaye ashire.

    Aha abavuzwe cyane ni bamwe mu bayobozi bazwi nk’abatekinisiye, barimo abashinzwe uburezi, ubwisungane mu kwivuza, n’abandi byagaragaye ko basimbuka abayobozi b’imirenge bakajya gukorana n’abagomba kuba bakorana n’inzego z’imirenge.

    Hamwe muho byagaragaye ni nk’aho umuyobozi ushinzwe uburezi mu karere yasimbutse inzego akaba ari we wibariza abayobozi b’ibigo by’amashuri kandi aka ari akazi kareba urwego rw’umurenge cyane ko magingo aya hashyizweho umuyobozi ushinzwe uburezi ku rwego rw’umurenge.

    Ahandi ni nk’aho urwego rushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu karere rusimbuka rukajya kwiyakira amaraporo ku mavuriro kandi ibi byagakwiye gukorerwa nabyo ku mirenge kuko biba biri mu mihigo yabo.

    Munyantwari akaba avuga ko ibi bikomeje gutya bishobora guteza ikibazo hagati y’abayobozi.  Ati: “n’ubwo atari bibi kujya kwishakira amakuru aho uyashaka ariko bikomeje bitya bishobora gukurura amakimbirane hagati y’abayobozi kuko hatubahirijwe inzego. Icyo gihe waba ugiye gutanga amategeko mu murenge w’abandi kandi Umunyabanga nshingwabikorwa wawo ahari”.

    Aha urwego rw’umurenge rukaba rwasabwe gukurikirana ibikorwa bikorerwa mu mirenge yabo kuko baba barabisinyiye mu mihigo yabo.

    Ikindi aba bayobozi basabwe n’umukuru w’intara, ni ukujya bita ku maraporo batanga kuko hari abagaragaye ko hari ubwo batanga amaraporo atuzuye, nabyo biturutse ku kudakorana n’abayobozi bakwiye gukorana.

    Muri iki gikorwa aba bayobozi bakaba bafashe umwanya wo gusura bimwe mu bikorwa biri mu mihigo y’uyu mwaka y’akarere. Mu byo basuye harimo umurenge SACCO wa Nyamabuye, umuhanda w’amabuye urimo kubakwa mu mujyi wa Muhanga, inyubako y’umurenge wa Nyarusange n’ibindi bikorwa biri muri uyu murenge.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED