Subscribe by rss
    Saturday 27 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Dec 28th, 2011
    Ibikorwa | By gahiji

    Ingengo y’imari y’umwaka wa 2011-2012 ni kimwe mu byemejwe n’i nama njyanama y’a Akarere ka Nyabihu

    Inama njyanama y’Akarere ka Nyabihu yateranye kuri uyu wa 23/12/2011 mu rwego rwo kwiga ku ngingo zatuma akarere ka Nyabihu karushaho gutera imbere. Bimwe mu byari biri ku murongo w’ibyigwa ndetse byaje no kwemezwa n’inama njyanama y’Akarere ka Nyabihu harimo gusesengura no kwemeza ingengo y’imari y’ako karere igomba gukoresha mu mwaka wa 2011-2012. Ingengo y’imari yemejwe ikaba ingana na 8.932.544.421 z’amanyarwanda akaba ariyo azakoreshwa muri uyu mwaka mushya.

      

    Abari bitabiriye inama

       

       Dr Juvenal Nshimiyimana umuyobozi wa njyanama

    Naho ku zindi ngingo zizweho zikanemezwa hakaba harimo icyo kwemeza bwa nyuma  abakozi b’akarere bari bamaze igihe cy’amezi atandatu mu kazi, nyuma y’uko basuzumwe n’ababishinzwe bagasanga ari indakemwa, hanasesenguwe kandi hemezwa raporo y’akanama gashinzwe kujonjora abakozi.

    abagize njyanama bakaba banagejejweho imyanzuro y’inama y’abaperezida b’inama njyanama. Ikindi kigiwe muri iyo nama akaba ari uburyo bwakoreshwa mu rwego rwo kubakira abashigajwe inyuma n’amateka batishoboye.

    Aha hafashwe umwanzuro wo kureba mu mashyamba y’Akarere yeze ahava ibiti byeze byavanwamo imbaho zakwifashishwa mu kubakira aba batishoboye. Uburyo bwakoreshwa kugira ngo abaturage babe barushaho gutanga umafaranga y’ubwisungane mu kwivuza nabwo bukaba bwari mu biri ku murongo w’ibyigwa n’inama njyanama.

    Muri iyo nama kandi igikorwa cyo kwakira imihigo ikosoye y’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge nacyo cyari cyateganijwe.

    Gusa zimwe mu ngingo zari ziteganijwe kwigwaho no kwemezwa zikaba zasubitswe aho hasabwe gushyirwaho Komisiyo zo kuzikurikirana kuko zitumvikanyweho neza.

    Izo ngingo zikaba ari nko kwiga ku buso bw’ahazubakwa uruganda rwa Koperative Akanya ihinga ikawa aho perezida wa njyanama Prof.Dr Nshimiyimana Juvenal n’abagize inama njyanama basabye  ko icyo cyibazo cyabanza kwigwaho, hanyuma iyo Koperative ikaba yashakirwa aho gushyira urwo ruganda nta bidukikije bibangamiwe, nyuma yo gushishoza kwa Komisiyo yashyizwe icyo kibazo.

    Kwemeza urutonde rw’abagize CDC nabyo bikaba byasabwe kubanza kwigwa no kunonosorwa ndetse no kumva ibitekerezo by’abagombaga kuba bayigize niba babyemera cyangwa batabyemera.

    Inama njyanama y’akarere ka Nyabihu, ikaba yiyemeje kugumya kurangwa n’ubwitange, ubunyangamugayo n’ubushishozi mu mirimo yayo ya buri munsi mu rwego rwo guteza imbere akarere bashinzwe kubera abajyanama n’igihugu muri rusange.


    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED