Subscribe by rss
    Tuesday 19 February, 2019
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sun, Jul 22nd, 2012
    Ibikorwa / Latestnews | By gahiji

    Rwanda | Nyanza: Bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge bahinduriwe aho bakoreraga

    Mu karere ka  Nyanza bikozwe n’inama Njyanama y’ako karere bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge bahinduriwe aho bakoreraga abandi bagumishwa mu mirenge yabo ku mugoroba wa tariki 20/07/2012.

    bahinduriwe aho bakoreraga

    Bamwe batunguwe no guhabwa amabaruwa abahindurira imirenge yo gukoreramo

    Iki gikorwa cyo kubahindurira imirenge bari basanzwemo cyari kimaze iminsi gihwihwiswa mu bakozi bakorera mu mirenge igize akarere ka Nyanza ariko nta n’umwe muri bo wari ubifitiye gihamya y’uko bizagenda usibye buri wese kubivuga ukwe n’undi ukwe ariko bose byarangiye bibatunguye nk’uko byavuzwe na bamwe muri bo.

    Nyuma yo kumurika imihigo yagezweho mu mwaka wa 2011-2012 no kugaragaza ibizakorwa mu mwaka wa 2012-2013 kuri buri munyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge ndetse no gutanga ibihembo ku babaye indashyikirwa bakesa imihigo no kugaragaza udushya bagezeho bakanabihererwa ibihembo by’ishimwe kuri bamwe abandi ntibabibone bose batunguwe no guhindurirwa imirenge kwabayeho .

    Mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza abanyamabanga 2 nibo bakomeje gukorera mu mirenge bari basanzwemo naho abandi 8 basigaye barabahindaguranya ariko nta we birukanye cyangwa ngo bamwihanagirize ko akora nabi.

    Muganamfura Sylvestre uyobora umurenge wa Busasamana na Kajyambere Patrick uyobora umurenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza nibo bagumye mu mirenge basanzwemo naho abandi babavana mu mirenge yabo. Aba banyamabanga Nshingwabikorwa bagumishijwe mu myanya yabo ni nabo bayobora imirenge yabaye indashyikirwa mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012 ku isonga habanje umurenge wa Busasamana ukurikirwa n’umurenge wa Kigoma.

    Bamwe mu bakurikiraniraga hafi uko abanyamabanga Nshingwabikorwa bahinduriwe imirenge bavuga ko iryo hindurwa ryatewe n’uko bagiye besa imihigo yabo kuko uwa mbere n’uwa kabiri mu mihigo batigeze bakurwa mu mirenge yabo bari basanzwe bakoreramo.

    Umwe yagize ati: “ Abahinduriwe imirenge nta kindi bazize usibye ko batabashije kwesa imihigo kimwe n’abandi” undi yunzemo agira ati: “ Guhindurirwa imirenge kwa bamwe muri bo ni nko kugoragozwa bakorewe kuko hari bamwe batagize icyo bagezaho abaturage bayoboye”

    Mu kiganiro na Murenzi Abdallah kuri iryo hindagurwa ryakorewe bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa yavuze ko ntaho rihuriye no guhabwa ibihano byo mu rwego rw’akazi.

    Yagize ati: “ Ntabwo navuga ko abakuwe mu mirenge barimo bakajyanwa gukorera mu yindi ari ibihano bahawe kuko bose ntawagiye munsi y’amanota 70% dushingiye ku isuzumamihigo bakorewe mu bihe bitandukanye”

    Yakomeje avuga ko abanyamabanga Nshingwabikorwa bahinduriwe imirenge ari uburyo bwo kubafasha gukomeza gutanga umusanzu wabo mu mirenge mishya itandukanye niyo bari basanzwemo.

    Ati: “ Hari igihe ukorera ahantu abantu bakakumenyera rero bikaba ngombwa ko wimurirwa gukorera ahandi ariko ntibivuze ko uwo mukozi aba ahawe ibihano byo mu rwego rw’akazi kuko naho aba agiye asabwa gukomeza gutanga umusaruro yesa imihigo mu mirimo ahamagariwe gukora”

    Akarere ka Nyanza kagizwe n’imirenge 10 ariyo: Busasamana, Kigoma, Mukingo, Rwabicuma, Cyabakamyi, Nyagisozi, Ntyazo, Busoro, Kibilizi na Muyira.

     

     

    Related News
    Tweet

    Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts

    Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda

    Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda

    Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED