Subscribe by rss
    Tuesday 19 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Aug 2nd, 2012
    Ibikorwa | By claudine

    Rwanda | Intara y’Amajyepfo irishimira uko gahunda ya Bye bye Nyakatsi yagenze

    Augustin Kampayana, umuyobozi ushinzwe imiturire y’icyaro arishimira ko intara y’amajyepfo itigeze ihishira inzu za nyakatsi zari ziyirimo ubwo igihugu cyose cyahagurukiraga kuzirwanya muri gahunda yacyo yiswe “ Bye bye Nyakatsi”

    Rwanda |  Augustin Kampayana umuyobozi ushinzwe itsinda rishinzwe imiturire yo mu cyaro( Ibiryo)

    Augustin Kampayana umuyobozi ushinzwe itsinda rishinzwe imiturire yo mu cyaro( Ibiryo)

    Ibi yabivuze tariki 31/07/2012 mu karere ka Nyanza ubwo yakoranaga inama n’ubuyobozi bw’intara y’Amajyepfo igamije gusuzuma aho abaturage batuye mu bice by’icyaro bageze batuzwa mu midugudu.

    Nk’uko Augustin Kampayana yabivuze, intara y’amajyepfo ntabwo yahishiriye kimwe n’intara y’uburasirazuba inzu za Nyakatsi. Ati” Umwete mwakoresheje mu kurwanya Nyakatsi byerekana ko mu gutuza abaturage mu midugudu nabyo bizagenda neza”

    Impamvu aheraho ashima intara y’amajyepfo ngo ni  uko ariyo yari ifite inzu za nyakatsi nyinshi ugereranyije n’izindi ntara kandi ntizihishirwe. Yakomeje agira ati: “ Tubivugishije ukuri abandi baraduhishaga ejo wareba ugasanga ziyongereye”

    Ariko n’ubwo Augustin Kampayana yashimye ubuyobozi w’intara y’amajyepfo nta byera ngo de kuko mu karere ka Nyaruguru hari aho inzu za Nyakatsi zahishirwaga bakagenda bazivunguraho gake gake nk’uko Augustin Kampayana, umuyobozi ushinzwe imiturire y’icyaro yabitangaje.

    Rwanda | Bamwe mu bitabiriye inama yiga ku gutuza abaturage mu midugudu ku rwego rw’intara y’amajyepfo

    Bamwe mu bitabiriye inama yiga ku gutuza abaturage mu midugudu ku rwego rw’intara y’amajyepfo

    Yongeyeho ko mu tundi turere dusigaye tw’intara y’amajyepfo usibye mu karere ka Nyaruguru ahandi bagiye bazigaragaza uko ziri. Augustin Kampayana asanga iyo umuntu ashaka gukira indwara agomba kuyirata. Mu mvugo ye bwite yagize ati : “ Muri rusange ndabashimira ko mwagaragaje inzu za Nyakatsi kandi mugafata n’ingamba zo kuzirwanya byimazeyo”

    Ku birebana na gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu umwaka wa 2011 ushize intara y’amajyepfo niyo yari inyuma y’izindi ntara zose nk’uko Augustin Kampayana yakomeje abivuga. Yifashishije imibare avuga ko muri icyo gihe intara yari ifite  hafi 40% by’abatujwe mu midugudu ariko mu mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2012 bari ku gipimo cya 64% cy’abamaze gutura mu midugudu.

    Ingero zitangwa na Augustin Kampayana asobanura ko intara y’amajyepfo hari ikimaze kwiyongera muri gahunda yo gutuza abantu mu midugudu n’uko mu turere twa Gisagara na Nyaruguru imidugudu yiyerekana nk’uko itsinda ryaje kubakorera isuzuma ryabyiboneye ubwo basuraga utwo turere bari muri Helicopter( Indege). Yagize ati: “ Wa muntu wari utuye mu kabande ubu kuba abarizwa mu mudugudu ni ikintu gishimishije cyane”

    Yabahaye urugero rw’akarere ka Nyagatare mu Ntara y’uburasirazuba avuga ko nyuma yo guca nyakatsi bongeye gutungurwa no kuzihasanga kandi muri raporo batanga batarigeze bazigaragaza asaba abayobozi mu Ntara y’amajyepfo gucika kuri uwo muco wo gutanga raporo zishingiye ku kinyoma nk’uko byagaragaye muri kariya karere.

    Igikorwa cyo gutuza abaturage mu midugudu kizatanga icyerekezo kinini nk’uko umudugudu wa Nyagatovu mu karere ka Kayonza watangiye gutanga icyo cyerekezo aho abantu benshi baturuka imihanda yose barimo n’abanyamahanga bakaza kuwusura kandi bakagenda bawukuyeho isomo nk’uko byatangajwe na Kampayana Augustin umuyobozi ushinzwe imiturire mu bice by’icyaro mu Rwanda.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED