Subscribe by rss
    Friday 20 April, 2018
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Aug 15th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Nyamagabe: Abaturage biteguye kugira uruhare mu ibarura.

    Share This
    • Add to Delicious
    • Share on FriendFeed
    • Digg
    • submit to reddit
    Tags
    abaturageAkarerebasabwaibarurakanenbspnezangonyamagaberusangeRwanda censusRwanda NyamagabeRwanda PeopleRwanda preparation

    Mu gihe hasigaye iminsi ibiri gusa ngo ibarura rusange rya kane mu Rwanda ritangire, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bukomeje gukangurira abaturage kugira uruhare basabwa muri iri barura naho abaturage bakaba batangaza ko biteguye gukora ibyo basabwa kugira ngo rikorwe neza.

    Nyamagabe  Abaturage biteguye kugira uruhare mu ibarura.

    Umuyobozi w’akarere aganira n’abaturage bo mu murenge wa Musebeya

    Nyamagabe  Abaturage biteguye kugira uruhare mu ibarura.2

    Abaturage batangaje ko biteguye

    Guhera tariki ya 16 kugeza tariki ya 30/08/2012, mu Rwanda hose hazaba habera igikorwa cy’ibarura rusange rigiye kuba ku nshuro ya kane.

    Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare giherutse gutangaza ko iri barura rigamije “kumenya umubare nyakuri w’abaturage mu Rwanda” kugira ngo byoroshye ifatwa ry’ibyemezo bijyanye no guhindura ubukungu ndetse n’ubuzima by’Abanyarwanda muri rusange.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwo bukomeje gushishikariza abaturage kwitabira iri barura ndetse bakanarigiramo uruhare basabwa.

    tariki ya 13/08/2012 ,Mugisha Philbert, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yaganiriye  n’abaturage bo mu murenge wa Musebeya abasaba gufasha  abakarani b’ibarura batanga amakuru nyayo ku bibazo bazaba babajijwe.

    Mugisha Philbert wari uherekejwe n’abandi bayobozi ku rwego rw’akarere ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose ya Nyamagabe, yagize ati “ muzitabire neza ibarura kandi mwakire neza abakarani b’ibarura.”

    Bamwe mu baturage twaganiriye batangaje ko bazi neza icyo basabwa gukora mu gihe cy’ibarura kandi biteguye.

    Nyirambanza Seraphine, utuye mu  kagari ka Nyarurambi mu murenge wa Musebeya ati “ ibarura turaryiteguye kandi tuzarigiramo uruhare.”

    Ni ku nshuro ya kane ibarura rusange ribaye mu Rwanda nyuma y’amaburura yabaye mu 1978, mu 1992 no muri 2002. Ibarura ryo mu 2002 ryagaragaje ko Abanyarwanda bari miliyoni umunani naho ubu ikigereranyo cyerekana ko Abanyarwanda bageze kuri miliyoni 11.

       

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects

    Recent News

    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators
    • France Ignores 39 Arrest Warrants for Genocide Suspects
    • Parents Petition Norwegian Government over Uganda Arrests
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead
    • Arinaitwe: Uganda Intelligence Source from Butabika Mental Facility

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED