Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Thu, Aug 16th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Nyamasheke: Abaturage barasabwa kugirira icyizere abakarani b’ibarura.

    Abaturage barasabwa kugiriraMu nama y’umutekano yahuje abaturage b’umurenge wa Ruharambuga n’ubuyobozi bw’akarere ku nzego zitandukanye tariki 14/8/2012, abaturage b’uyu murenge basabwe kuzagirira icyizere abakarani b’ibarura ubwo bazaba bagiye mu ngo zabo kubabaza amakuru akenewe mu ibarura rusange rya kane ry’abaturage n’imiturire.

    Habineza Florient, umukozi ushinzwe uburezi, urubyiruko, umuco na siporo mu murenge wa Ruharambuga, ari nawe ushinzwe gukurikirana igikorwa cy’ibarura rusange muri uyu murenge, yabwiye abaturage ko abakarani b’ibarura ari abantu b’abarezi basanzwe bafitiwe ikizere n’ababyeyi kuko babarerera abana neza, bityo bakaba basabwa kuzabaha amakuru nyayo kandi akaba yarabijeje ko bizaguma ari ibanga hagati yabo n’uwo mukarani.

    Yongeyeho ko ibibazo bizabazwa ari bimwe mu gihugu cyose bityo bakaba batagomba gutinya kubisubiza kandi bakavugisha ukuri.

    Abaturage bamenyeshejwe ko kwibaruza ari inshingano za buri munyarwanda kuko bigenwa n’iteka rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, bakaba barasabwe bose kuzabyitabira.

    Bamenyeshejwe kandi ko imirimo isanzwe yabo izakomeza bityo umukarani w’ibarura akazajya azinduka uwo atahasanze akazagaruka kumureba cyangwa akamubwira igihe azaba afite umwanya bakazabonana icyo gihe.

    Abaturage bibukijwe ko igihe umukarani azabagereraho ibibazo byose azababaza bagomba kuzabisubiza bafatiye ku ijoro ryfatizo ry’ibarura ariryo ryo kuwa gatatu tari ya 15 rishyira kuwa kane tariki ya 16.

    Basabwe kandi kuzandika abantu babo n’abashyitsi baraye iwabo n’abataharaye kugira ngo batazabyibagirwa binoroshye akazi hagati y’umuturage n’umukarani w’ibarura.

    Abaturage b’akarere ka Nyamasheke basabwe kuzavugisha ukuri kuko ibarura ritagamije gutanga imfashanyo ahubwo rigamije kumenya amakuru nyayo azajya ashingirwaho mu gukora igenambigambi rinoze riganisha ku iterambere ry’abanyarwanda.

     

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED