Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Wed, Aug 22nd, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda : “Gufatirana umuturage ni ibyo kwamaganwa”-Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe

    Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert asanga umuyobozi mwiza adakwiye gufatirana umuturage aho ari hose kugira ngo akunde yubahirize gahunda za leta ahubwo ko umuyobozi mwiza akwiye kubyamagana.

    Rwanda |  Mugisha Philbert,umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe.

    Mugisha Philbert,umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe.

    Ibi umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yabitangaje kuri uyu wa 21/8/2012, ubwo abayobozi b’akarere ka Nyamagabe n’abanyamabanga  nshingwabikorwa b’imirenge yose igize ako akarere baganiraga ku mitangire ya serivisi nziza mu nzego z’ubuyobozi bw’ibanze.

    Muri iyi nama abanyamagabanga nshingwabikorwa b’imirenge 17 yose igize akarere ka Nyamagabe batangaje ko imitangire ya serivisi mu mirenge bayobora iri ku rwego rwiza kandi ko n’iyo hagize utandukira ntiyakire umuturage uko bikwiye bamugira inama akagaruka ku murongo.

    Mu gihe mu turere dutandukanye hajya havugwa abayobozi bamwe na bamwe  bafatirana abaturage bari nko mu isoko, mu ngendo cyangwa ahandi hantu mu ruhame bakabakoresha gahunda zitandukanye zirimo nko kubaka amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, umuyobozi w’akarere ka Nyamagaba asanga bidakwiye gufatirana umuturage.

    Mugisha Philbert yatangaje ko umuco wo gufatirana umuturage utakirangwa mu karere ka Nyamagabe, gusa ngo n’aho waba ukiri bakwiye kumenya ko uwo muco udakwiye umuyobozi mwiza.

    Yagize ati “ gufatirana umuturage ari mu isoko, mu muhanda, kuri stade cyangwa mu rusengero kugira ngo yubahirize gahunda za leta ni ibyo kwamagana. Mureke abaturage tubahe uburenganzira bwabo.”

    Umuyobozi w’akarereka ka Nyamagabe asanga gukorana inama n’abaturage bakabasobanurira gahunda za leta n’akamaro zibafitiye, ubwabyo byatuma abaturage bubahiriza gahunda za leta kandi nabo uburenganzira bwabo bukubahirizwa.

     

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Why Ugandan President Museveni is Insulting Rwanda’s War Dead

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED