Subscribe by rss
    Friday 22 January, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Fri, Aug 24th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    RWANDA | GISAGARA: ABANA BATOREWE KUYOBORA ABANDI BIYEMEJE KUBASHISHIKARIZA ITERAMBERE

    RWANDA | GISAGARA ABANA BATOREWEAbana bo mu karere ka Gisagara bagiye batorerwa guhagararira abandi mu nzego zitandukanye bagiye bagira byinshi biyemeza kuzafasha bagenzi babo kugeraho, ariko bose bahurije ku iterambere ry’abana binyuze mu bikorwa byinshi bitandukanye.

    Kimwe n’abaturage b’akarere ka Gisagara muri rusange, abana baho baratangaza ko nabo bifuza kugira uruhare mu iterambere ryabo n’iry’akarere, aho bavuga ko bazabanza gufatanya bakarwanya ibibazo bimwe na bimwe abana bahura nabyo birimo ihohoterwa, ubukene n’ibindi, maze bakazatangira kwibumbira mu mashyirahamwe aho bazajya bunguranira ibitekerezo bakanashaka uturimo bazajya bahugiraho mu biruhuko ariko tugamije kubateza imbere.

    Nk’uko Emmanuel NIKOMEZE umwe mu bana batorewe kuyobora abandi muri aka karere abivuga, uyu munsi abana ntibakeneye gusa kujya kwiga ngo batahe barye baryame, ahubwo bakwiriye no gutangira kwitoza gukora uturimo dutandukanye twazabafasha mu minsi iri imbere kugira aho bagera.

    Yagize ati “Birazwi ko abana ahantu henshi bakunze guhura n’ibibazo byo guhohoterwa, bakabuzwa kwiga bamwe na bamwe cyane abafite ubumuga butandukanye, abandi kubera ubukene bw’ababyeyi bagahitamo kwigira mu muhanda, ariko twe abatorewe kubahagararira tuzagerageza kubavuganira abafite ibibazo nk’ibyo, hanyuma ibyo bivuyeho twibumbire mu mashyirahamwe aho dushobora kujya dusaba abantu bakuze bakatwigisha imirimo itandukanye nko mu buhinzi, ubworozi n’ibindi byazadufasha mu minsi iri imbere”

    Ku bijyanye n’uburyo bazabasha kugera ku byo bifuza, inzego zibakuriye ziratangaza ko zigiye gushyiraho imikoranire hagati yazo n’iz’abana zimaze gutorwa bityo bajye bafatanya gukemura ibibazo by’abana, babagire inama ndetse babe banabatera inkunga mu dushinga twabo igihe bishoboka, bidashoboka babakorere ubuvugizi.

    RUKUNDO Noel umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Gisagara yagize ati “Izi nzego kuko zitari zisanzweho tugiye kubanza dushyireho uburyo bwo kujya dukorana nazo bityo tubashe kuba twazifasha gukemura ibibazo abana bahura nabyo, tubagire inama ku kibazo cy’inda zititeguwe na Sida byeze mu rubyiruko, ndetse aho bakeneye inkunga z’amafaranga mu mishinga mito yabo tubafashe nituba tuyafite bitabaye ibyo tubakorere ubuvugizi”

    Amatora mu mirenge yarashojwe, kuri ubu hakaba hamaze no gutorwa uhagarariye abana ku rwego rw’akarere ariwe. Gaston RUKUNDO w’imyaka 12 akazafatanya n’umwungirije Olivier GASIGWA w’imyaka 15.

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Bypasses Uganda for its own Standard Gauge Railway Line

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED