Subscribe by rss
    Tuesday 02 March, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Dec 13th, 2011
    Ibikorwa | By gahiji

    Gahini: Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwiyemeje guhindura amateka y’u Rwanda

    Urubyiruko rw’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bari mu itorero ry’igihugu mu murenge  wa Gahini wo mu karere ka Kayonza, ngo rufite gahunda yo kuzahindura amateka mabi yaranze u Rwanda bakongera kuruhesha isura nziza.

     

    Uru rubyiruko ruvuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi urubyiruko rwashutswe rugashorwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, ariko ngo ahanini byagezweho kubera ubujiji bwarangwaga mu rubyiruko rw’icyo gihe.

    Aba banyeshuri bavuga ko ikibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ivangura bigenda bishira mu rubyiruko, gusa ikibazo ngo gikaba gisigaye mu bantu bakuru usanga bamwe muri bo bacyigisha abana babo urwango n’ivangura bishobora kuganisha kuri jenoside nk’iyabaye muri 1994.

    Ku bw’aba banyeshuri, ngo benshi mu babyeyi babo bagiye bakosa bakishora mu bikorwa by’ubwicanyi n’ubusahuzi mu gihe cya Jenoside, bakavuga ko ubu bagiye gutangira urugamba rukomeye rwo guhindura imyumvire y’ababyeyi babo.

    “Benshi mu babyeyi bacu barakosheje ndetse baranicana, usanga bamwe muri bo bacyifitemo urwango, ubu tumaze gusobanukirwa inkomoko y’urwo rwango, tugiye gutangira urugamba rwo kubagaragariza ukuri” uku niko aba banyeshuri babisobanura.

    Benshi muri aba banyeshuri bavuga ko batari basobanukiwe n’amateka yaranze u Rwanda mbere y’uko bajya mu itorero ry’igihugu. Uretse kuba bamwe muri bo barize amasomo y’ubumenyi [sciences] mu mashuri yisumbuye, usanga ngo n’abize amasomo y’amateka na bo barize amateka y’u Rwanda bayaca hejuru ahubwo bacyiga cyane amateka y’ibihugu by’iburayi kurusha ho.

    Ibi byose ngo bikaba ari byo byakunze kuba impamvu yo kutamenya amateka y’u Rwanda muri rusange.

    Gusa ngo nyuma yo gusobanukirwa birambuye amateka y’igihugu cyabo, ibyo cyanyuzemo n’icyerekezo gifite, uru rubyiruko rwiyemeje gutanga umusanzu warwo mu kubaka igihugu gitembamo amata n’ubuki

    Cyprien Ngendahimana

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED