Subscribe by rss
    Friday 26 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Sat, Aug 25th, 2012
    Ibikorwa | By gahiji

    Rwanda | Muhanga: abana batowe guhagararira abandi biyemeje kurwanya ihohoterwa bakorewa

    m_Muhanga abana batowe guhagararira abandi biyemeje kurwanya ihohoterwa bakorewa

    Mu karere ka Muhanga, abana batoye abana bagenzi babo bazabahagararira ku rwego rw’akarere kugirango bajye babafasha gukemura bimwe mu bibazo bahura nabyo.

    Mu byo abana batowe biyemeje birimo no kwita ku bibazo by’abana bavutswa uburenganzira bwabo n’ababarera cyangwa n’ababyeyi babo bikabaviramo kugana iy’ubuzererezi.

    Umwana watorewe kuba perezida wa komite y’abana mu karere ka Muhanga,  Ufitinema Marie Joselyne avuga ko agiye gufatanya n’abana baegenzi be bakajya bagaragaza ibibazo bagenzi babo bahura nabyo mu miryango yabo.

    Agira ati: “hari abana bavutswa uburenganzira n’ababyeyi babo cyangwa ababarera, ugasanga bahohoterwa ndetse bakanabuzwa no kwiga, tugiye gukora kuburyo tubigeza ku bayobozi babikemure”.

    Uyu mwana akaba asaba bagenzi be ko bajya babagezaho ibibazo bahura nabyo bitarakomera kugirango babashe kuba babafasha kubigeza ku babishinzwe maze bikemuke. Akaba anasaba ababyeyi kwita ku bana babo ndetse n’abo barera mu rwego rwo kwirinda ko babacika ngo bagane mu muhanda.

    Zimwe mu ngaruka ziterwa no gufatwa nabi kw’abana mu miryango yabo baba barererwamo, zirimo n’uko aba bana bashobora guhinduka inzererezi bakagana mu muhanda. Komisiyo y’igihugu y’abana mu Rwanda ivuga ko yiteguye gufasha aba bana batowe mu gukemura iki kibazo cy’abana b’inzererezi bazwi ku izina rya mayibobo kugirango barebe ko cyacika.

    Umulisa Kananga marie Solange, umukozi wa komisiyo y’abana by’umwuhariko ushinzwe abana bo mu muhanda avuga ko bakorana n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo gukura aba bana mu muhanda no kugirango ibibazo byatumye bava mu ngo zabo bikemuke.

    Komisiyo y’igihugu y’abana ivuga ko iri gukora ubushakashatsi ku bana bo mu muhanda kuburyo ubu bushakashatsi buzerekana abana b’inzererezi uko bangana mu Rwanda ndetse bukazerekana n’impamvu yabateye kuba inzererezi. Ibi bikazafasha kubakura mu buzererezi.

    Aba bana batowe mu karere ka Muhanga usanga baturuka mu mirenge itandukanye igize aka karere kuko buri murenge wagiye wohereza abakandida bawuhagarariye. Abana batowe bakaba bagera kuri batandatu. Abana bari bemerewe kuba batorwa cyangwa bagatora bari hagati y’imyaka itandatu na 15 y’amavuko.

      

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED