Subscribe by rss
    Sunday 28 February, 2021
    Rwanda News
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED
    Published On: Tue, Aug 28th, 2012
    Ibikorwa | By Andrew

    Rwanda | GISAGARA: AHATEGANYIJWE KUZUBAKWA UMUDUGUDU NTANGARUGERO HACIWE IMIHANDA

    GISAGARA AHATEGANYIJWE KUZUBAKWA UMUDUGUDU NTANGARUGERO HACIWE IMIHANDA

    tariki ya 25 kanama,2012 mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi cyabereye mu murenge wa Save, akagari ka Rwanza ku rwego rw’akarere, haciwe imihanda inyura mu bibanza byagenewe kuzubakwamo umudugudu ntangarugero w’uyu murenge. Abaturage n’ubuyobozi bavuga ko iki gikorwa bakoze, ndetse n’iki cyo gutuza abantu ku mudugudu bacyishimira kuko ari ikigamije amajyambere.

    BUSHISHI Muhamudu na NIYONGIRA Valentin ni abaturage muri uyu murenge wa Save bari bitabiriye igikorwa cy’umuganda, banavuga ko uku gutuzwa ku mudugudu ari ikintu kizagira akamaro mu iterambere ry’abaturage muri rusange.

    Baragira abati “Iki gikorwa twakoze cyadushimishije cyane kuko ni igikorwa cy’iterambere. Gutura ku mudugudu nabyo bizafasha abaturage cyane kuko bazabasha kubona ibikorwa by’ieterambere hafi yabo kandi bizanabafasha gutura neza cyane ko ubutaka bw’ino ari buto”

    Ubuyobozi bw’aka karere ka Gisagara nabwo buravuga ko iki gikorwa kiri mu bigamije kuzamura iterambere ry’abaturage b’uyu murenge wa Save ndetse ndetse n’akarere muri rusange.

    Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu bwana Hesron HATEGEKIMANA aravuga ko mu rwego rwo kuzamura aka gace  ndetse no kwihesha agaciro kuri aba baturage, bagomba kumva akamaro k’igikorwa nk’iki ndetse bakaba n’abambere kwitabira gufata ibibanza muri uyu mududgudu waciwe mo ibibanza cyane ko akarere gatumirira n’abavuye hanze yako nko mu mujyi wa Huye kuzaza bakiguriramo ibibanza.

    Bwana Hesron yagize ati “Iki gikorwa cyo gutunganya iyi site iciyemo ibibanza by’umudugudu cyari ngombwa kuko twifuza ko hazaba ahantu h’ikitegererezo kandi abazahatura bakazaba bafite uburyo bwiza bwo kuhagera batabangamiwe”

    Yakomeje kandi agira ati “Gutura muri uyu mudugudu rero bizafasha abaturage b’uyu murenge mu iterambere kuko iyo ahantu hari inyubako nziza haba harimo hasatira kuba umujyi. Turatumirira n’abandi bo hanze y’aka karere kuza gutura ino ariko mbere na mbere twifuza ko aba baturage baho aribo babanza kuzamuka”

    Iyi Site ikaba ikasemo ibibanza bigera kuri 200 bifite metero kare 600 ni ukuvuga metero 20 kuri metero30. Imihanda yaciwemo yo uko ari itanu ikaba ingana km 3, buri wose ufite m 600.

       

     

     

    Related News
    Tweet

    RDF hands over ‘New Model village’ to Vulnerable people

    More Rwandan Peacekeeping Troops Deployed in Central African Republic

    Kagame Campaigns Where ‘Genocide’ Was First Tested

    Rwandan Youth should be ready for ‘Countless’ Opportunities -Kagame

    Leave a comment

    Click here to cancel reply.

    XHTML: You can use these html tags: <a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <s> <strike> <strong>

    Join us in Facebook

    Popular Posts

    • Unknown son of Gen Fred GISA Rwigema reappears after 24 years
    • Tribert Rujugiro: The Story of the Rwandan Billionaire
    • Israel Joins Rwanda to Demand France Acts on Genocide Suspects
    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Gen Joseph Nzabamwita Named New Intelligence Chief

    Recent News

    • Rwanda Seeks Russian Help to Stop UN Freeing Key Genocide Convicts
    • Africa Innovation Summit Kicks Off in Rwanda
    • Disruptive Technology Takes Centre Stage at African Innovation Summit in Rwanda
    • Kagame in Belgium, Scheduled Talks with King and PM
    • How Rwandan Banks can Benefit from Latest Technologies
    • Rwanda: Food Delivery App Cuts Prices, Meal Arrival Time
    • Rwanda Starts Phasing Out Dangerous Refrigerators

    Subscribe via email

    Enter your email address:

    Tweet
    Rwanda News
      • Home
      • About us
      • Contact Us
      • Privacy Policy
      • Terms
      • RSS by category
      • Irembo
      • Abanyapolitiki
        • Ibibazo n’ibisubizo
        • Ibikorwa
        • Imitwe ya politiki
        • Rwanda Politics
        • Ubuvugizi
    All Rights Reserved | NewsOfRwanda.com
      • Home
      • National
      • Politics
      • Regional
      • Magazines
      • OP&ED